00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Munyaneza Didier yegukanye isiganwa ribanziriza Tour du Rwanda 2025 (Amafoto & Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 February 2025 saa 06:03
Yasuwe :

Munyaneza Didier ‘Mbappe’ yegukanye isiganwa ryihariye ryiswe ‘Amahoro Criterium’ ryari rigamije kureba urwego rw’abakinnyi bazahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2025.

Hagati ya tariki ya 23 Gashyantare n’iya 2 Werurwe 2025, ni bwo mu turere dutandukanye two mu Rwanda hateganyijwe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rizatangirira kuri Stade Amahoro.

Ni yo mpamvu ‘Amahoro Criterium’ yakiniwe hafi y’iyi stade n’indi mihanda izakoreshwa muri icyo gihe, yitabirwa n’amakipe ane yo mu Rwanda azarikina ari yo Team Rwanda, May Stars, Java-InovoTec ndetse na Benediction.

Abakinnyi bazengurutse umuhanda w’ibilometero 3,9 inshuro 12 ariko abagera kuri 37 aba ari bo bazirangiza.

Munyaneza Didier wa Team Rwanda ni we wahize abandi akoresheje isaha imwe, umunota umwe n’amasegonda 30, arusha isegonda rimwe Tuyizere Etienne wa Java-InovoTec na Nzafashwanayo Jean Claude wa Team Rwanda basoreje ku mwanya wa kabiri n’uwa gatatu.

Muri iri siganwa kandi hahatanagamo abakinnyi b’ingimbi batarengeje imyaka 23, aho Tuyizere Etienne yabaye uwa mbere Mugalu Shafik bakinana muri Java-InovoTec aba uwa kabiri, Uhiriwe Espoir wa Benediction aba uwa gatatu.

Munyaneza yavuze ko Team Rwanda yiteguye gukora icyashoboka cyose ikitwara neza mu isiganwa rizaba ritegura Shampiyona y’Isi izabera i Kigali muri Nzeri 2025.

Ati “Imyitozo n’umwiherero twakoze, tuzabona umusaruro wabyo muri Tour du Rwanda. Hazaba harimo amakipe 16, twese dufite intego zo kugra ngo dutsinde, ariko twe nk’Ikipe y’Igihugu tugomba kubikora uko bishoboka byose nk’igihugu kizakira Shampiyona y’Isi, tukagaragaza ko dushoboye kandi duhari.”

Abakinnyi baryitwayemo neza bagabanye arenga miliyoni 1 Frw, aho Munyaneza yahawe ibihumbi 350 Frw harimo ibihumbi 250 Frw byo kuba uwa mbere n’ibihumbi 100 Frw byo kwegukana amanota y’ahatambika. Tuyizere witwaye neza mu gimbi ahembwa ibihumbi 150 Frw.

Agace kabanza ka Tour du Rwanda ya 2025, kazakinirwa muri uyu muhanda, aho abakinnyi bazakina uburyo bwa ITT (Individual Time Trial), aho umukinnyi ku giti cye asiganwa n’ibihe, basoreza muri Stade Amahoro.

Abakinnyi bazahagararira amakipe yo mu Rwanda bakomeje imyitozo
Abakinnyi ba Benediction biteguye Tour du Rwanda
Isiganwa ryakiniwe mu muhanda uzakoreshwa muri Tour du Rwanda
Ntiyamira Jean Sauveur ni umwe mu bakomiseri bayoboye iri siganwa
Abakinnyi bahawe amabwiriza mbere yo gutangira gusiganwa
Abakinnyi ba Java-InovoTec batanze akazi kuri Team Rwanda
Abafana b'amagare bakumbujwe Tour du Rwanda
Abakinnyi bazahagararira Team Rwanda muri Tour du Rwanda
Mugisha Moïse ni umwe mu bakinnyi b'abahanga bazakina Tour du Rwanda
Tuyizere Etienne yabaye umukinnyi mwiza mu batarengeje imyaka 23
Munyaneza Didier yavuze ko Abanyarwanda bazitwara neza muri Tour du Rwanda
Abakinnyi bitwaye neza muri ‘Amahoro Criterium’
Abakinnyi bitwaye neza bahembwe

Amafoto: Kwizera Hervé
Video: Bizimana Confiance


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .