00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Rwanda hatangijwe umukino w’amagare ku bantu bafite ubumuga (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 22 February 2025 saa 09:37
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) rifatanyije na Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite ubumuga (NPC Rwanda) na Ride Rwanda, byatangije umukino w’amagare w’abafite ubumuga mu gikorwa cyabereye muri Parking ya Stade Amahoro ku wa Gatandatu, tariki ya 22 Gashyantare 2025.

Ni igikorwa cyakozwe ku nkunga y’umuryango utegamiye kuri leta wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wa “Inclusive Cycling International”, aho umukino w’amagare w’abafite ubumuga mu Rwanda uzahuzwa na Tour du Rwanda y’uyu mwaka.

Umuryango Inclusive Cycling International watanze amagare atatu ya “Handcycles” umukinnyi atwara aryamye ndetse n’irindi rimwe rya “Tandem Bicycle” ritwarwa n’umuntu urenze umwe.

Aya magare yose azafasha mu myitozo ku bakinnyi b’Abanyarwanda bagenewe abatoza babiri bari mu Rwanda kugira ngo banahugure abandi bazajya batoza abo bakinnyi.

Amagare ya “Handcycles” atwarwa n’abantu bafite ubumuga bw’ingingo zo hasi zirimo amaguru mu gihe aya “Tandem” akoreshwa n’abantu bafite ibibazo byo kutabona aho umuntu ubona ari we uba uyoboye iryo gare ryicaraho abantu babiri.

Umuyobozi Mukuru wa Inclusive Cycling, Greg Milano, yagize ati “Intego y’uyu mushinga ni ugushishikariza no gushyigikira abantu bafite ubumuga kubona ibyiza bya siporo n’umukino w’amagare no kugaragaza u Rwanda nk’intangarugero mu guha umwanya abafite ubumuga mu mukino w’amagare.”

Abakinnyi 50 bafite ubumuga ni bo bitabiriye iki gikorwa cyo kubereka uko aya magare akoreshwa kuri Stade Amahoro.

Iyi gahunda izakomeza aho ikipe y’abakinnyi batanu barimo Abanyarwanda n’Abanyamerika izatwara amagare mu mihanda ya Tour du Rwanda ku ruhande rwa Ride Rwanda, ku Gace ka Mbere ka Gicumbi-Kayonza no ku Gace ka Kabiri ka Kigali-Musanze tariki ya 24 n’iya 25 Gashyantare 2025.

Aba bakinnyi b’Abanyamerika n’Abanyarwanda bazatwara kandi amagare muri Kigali ku Munsi w’Umuryango wa Ride Rwanda tariki ya 1 Mata.

Ride Rwanda ni isiganwa ry’abatarabigize umwuga rigendana na Tour du Rwanda, abaryitabiriye bagakoresha zimwe mu nzira z’iri rushanwa mpuzamahanga ry’amagare rizengurka u Rwanda.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .