00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwikorera amatafari, ubumotari n’uko abayeho: Ikiganiro na Nsengimana Jean Bosco watwaye Tour du Rwanda (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 18 June 2025 saa 08:37
Yasuwe :

Nsengimana Jean Bosco ni izina rikomeye mu mukino w’amagare mu Rwanda kuko ni umwe mu bageze ku gasongero mu gihugu ndetse anafite agahigo ko kuba yarakinnye Tour du Rwanda inshuro 13 yegukanamo imwe mu 2015.

Yazamuye ibendera ry’igihugu mu Rwanda no mu mahanga, ariko mu myaka mike cyane ubuzima bwarahindutse buba bubi cyane, aho yisanze igare yakoreshaga ahatana mu marushanwa atandukanye, arikoresha yikorera imizigo.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Nsengimana yahishuye ubuzima bubi yabayemo nyuma yo kuva mu igare mu buryo butunguranye.

Yagize ati “Ubuzima ku Isi burahinduka. Nibyo nabaye Umumotari biranga njya gutwara igare bisanzwe ibi byo kwikorera imizigo kugira ngo umuryango wanjye ubona ibiwutunga.”

Nsengimana yagaragaje ishusho itajya imuvamo.

Ati “Nababajwe no kubona Team Rwanda inyuzeho njye ndi gutwara abagenzi cyangwa amatafari kuko byose narabikoraga. Icyo gihe abakinnyi baranyihanganishije kuko ntakindi bari gukora.”

Nsengimana yakomeje avuga ko yavuye mu mukino w’amagare mu buryo butunguranye.

Ati “Ukuntu navuye mu mukino w’amagare byambereye nk’amayobera. Benediction nabayemo igihe kinini yabuze abaterankunga bityo bakuraho ibyo guhemba abakinnyi. Nyuma nagiye muri Java-Inovotec ngira ibyago mbura umwana wanjye wari ufite umwaka umwe, ntabwo nitozaga kuko mu mutwe ntabwo nari meze neza. Niyemeje guha amahirwe Hashimu ukiri muto muha n’igare ryanjye ajya muri Tour du Rwanda.”

“Tour du Rwanda 2024 irangiye, Pascal (umuyobozi wa Java) yambwiye ko amagare ari hafi kuza bityo ko nakomeza gutiza iryanjye Hashimu. Nyuma nakomeje guhamagara Pascal akanga kunyitaba, mpagarika gukina gutyo.”

Ntabwo ari Nsengimana gusa kuko ibibazo nk’ibi bikunze kugaragara ku bakinnyi basoje gukina uyu mukino.

Kuri ubu, Nsengimana yatangiye kugarura ubuzima gake gake kuko hari ikipe y’abana asigaye afasha avuga ko yifuza kubasangiza ubumenyi afite.

Nsengimana yasoje avuga ko yishimira ko bagenzi be iyo bavuganye yumva bameze neza kuko amafaranga bahabwaga yiyongereye.

Nsengimana Jean Bosco yavuze ko yababajwe bikomeye no kubona bagenzi be bamunyuzeho mu muhanda bitegura amarushanwa we atwaye imizigo ku igare
Nsengimana Jean Bosco yegukanye Tour du Rwanda mu 2015

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .