Ibi ni bimwe mu byo yatangarije muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarubu, ku wa Gatatu, tariki ya 18 Ukuboza 2024, mu nama itegurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa ku Magare ya (UCI) igamije kwigira hamwe iterambere ry’uyu mukino (UCI Mobility & Bike City Forum in Abu Dhabi).
Mu kiganiro cyatanzwe na Perezida wa FERWACY, Ndayishimiye Samson, yavuze ko kwakira Shampiyona y’Isi ari iby’agaciro ku Rwanda nubwo bigoye ko Abanyarwanda bitrwara neza.
Ati “Kizaba ari ikintu cyiza kubona Abanyarwanda bari kureba Isi yose iri gusiganwa i Kigali. Muri Tour du Rwanda ya 2024, UAE Team Emirates yajemo nk’ikipe ikomeye, ni ikintu gikomeye kubona amakipe meza nk’ayo aza bitari no muri Shampiyona y’Isi.”
“Nk’igihugu kizakira irushanwa, twese twumva ko twazagira umukinnyi witwara neza w’Umunyarwanda ariko biragoye cyane kuko ni akazi gakomeye.”
Shampiyona y’Isi y’amagare iteganyijwe kubera mu Rwanda, izakinwa iminsi umunani hagati yo ku Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025 na tariki 28 Nzeri uwo mwaka aho izakinwamo ibyiciro 13 birimo abagabo, abagore n’abakiri bato.
Rwandans are excited, ready and motivated as the country🇷🇼 gears up to host the prestigious 2025 UCI Road World Championships for the first time on the African continent - Ndayishimiye Samson, President @cyclingrwanda addressing the UCI Mobility & Bike City Forum in Abu Dhabi. pic.twitter.com/tBXNX6Ddot
— Rwanda Mission in UAE (@RwandaInUAE) December 19, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!