Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane, tariki 16 Werurwe 2023 ku Cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Bufaransa.
Aya masezerano yagezweho nyuma y’uko mu Ukwakira 2022 Perezida wa Ferwacy Murenzi yari yagiriye uruzinduko muri iki gihugu agirana ibiganiro na mugenzi we Callot.
Aya masezerano akubiyemo ko ishyirahamwe ry’u Bufaransa rizajya ritera inkunga y’ibikoresho u Rwanda, kwakira ibikorwa bitandukanye hagati y’impande zombi ndetse n’amakipe y’Igihugu y’u Rwanda azajya ajya gukorera imyitozo mu Bufaransa.
Michel Callot nawe aheruka mu Rwanda muri Gashyantare uyu mwaka, ubwo yari yitabiriye Tour du Rwanda 2023 yabaga ku nshuro ya 15 kuva ibaye mpuzamahanga.
Mu mpera z’uku kwezi, mu mukino w’amagare hateganyijwe isiganwa rya Kivu Belt Race rizaca mu mihanda ya Rusizi, Karongi na Rubavu.
U Rwanda rukomeje gukora iyo bwabaga ngo Shampiyona y’Isi ruzakira mu 2025 izagende neza.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!