Ni amasiganwa azajya akorwa gatatu mu mwaka mu rwego guteza imbere umukino wa Mountain Bike.
Isiganwa rya mbere rizakinirwa mu Kinigi ku Cyumweru, tariki ya 30 Werurwe 2025, aho abazaryitabira bazakina intera nto ingana n’ibilometero 4,7 ariko bayizenguruke inshuro nyinshi, ibyitwa “XCO (Cross Country Olympic)”.
Rizakinwa n’ibyiciro bitatu by’abagabo n’abagore ari byo abatarengeje imyaka 17, ingimbi n’abangavu batarengeje imyaka 19 ndetse n’abakuru barimo abatarengeje imyaka 23.
Umuyobozi Mukuru wa Africa Rising Cycling Center (ARCC), Habarurema Ruben, yabwiye IGIHE ko iri rushanwa rizajya riba gatatu mu mwaka; mu mpera za Werurwe, muri Nyakanga n’Ukuboza.
Yakomeje ati “Ni mu rwego rwo kuzamura impano z’abana n’urubyiruko kugira ngo iyi siporo ishyirwemo ingufu kuko ubona yari yaracitse intege.”
“Turagira ngo nk’uko amasiganwa yo mu mihanda asanzwe ashyirwa ku ngengabihe y’amarushanwa ya FERWACY, na Mountain Bike ishyirwe ku ngengabihe, cyane cyane noneho ikorerwa i Musanze cyangwa ahegereye kiriya kigo.”
Yongeyeho ko uretse ababigize umwuga mu byiciro bitandukanye, iri rushanwa rizajya ryitabirwa n’icyiciro cy’abatarabigize umwuga.
Ati “Federasiyo ishaka ko uyu mukino uzamuka ku buryo muri Nyakanga n’Ukuboza byaba binini kurushaho, tukaba twatumira n’abo mu yandi makipe ya Mountain Bike.”
Shift Up for Rwanda na Twin Lakes Cycling Academy ifite abana benshi bakina uyu mukino wa Mountain Bike, ni bamwe mu bafatanyabikorwa bari muri iri rushanwa.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!