00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagare: Umutoza wa Slovenia yemeje abakinnyi azifashisha muri Shampiyona y’Isi mu Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 24 December 2024 saa 08:50
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Slovenia y’Amagare, Uroš Murn, yavuze ko abakinnyi bose yifuza kuzifashisha mu mikino ya Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda bamaze kubyemera keretse hari abagize ikibazo.

Ibi ni bimwe mu byo uyu mugabo yatangarije ikinyamakuru Siol.net, ashimangira ko abakinnyi bose yumva azakenera mu Rwanda, bazaboneka.

Ati “Ndizera ko abakinnyi bose beza bazemera ubutumire bwo kujya mu Rwanda, keretse nibaramuka bagize imvune. Mu isiganwa ritaha tuzaba dufite abakinnyi bagera ku icyenda, kandi muri abo bose harimo n’ufite igikombe giheruka.”

Mu bakinnyi azifashisha harimo Tadej Pogačar, Primož Roglič, Matej Mohorič, Jan Tratnik, Luka Mezgec, Domen Novak, Matevž Govekar, Gal Glivar na Žak Eržen, ariko mu gihe hari uwagira ikibazo yasimburwa na Jako Primožič cyangwa Matic Žumra.

Pogačar ukinira UAE Team Emirates yamaze kwerura yemera ko azaba ari guhangana n’imisozi yo mu Rwanda, abinyujije muri gahunda ye y’umwaka utaha yashyize hanze.

Yavuze ko ashaka ko 2025 uzamubera umwaka wo kwegukana amarushanwa akomeye, arimo Tour de France, Giro d’Italia, Shampiyona y’Isi yo mu Rwanda na Tour of Lombardy.

Uyu mutoza ateganya kandi gufata abakinnyi be bose akabanza kubatoreza mu mihanda ya Kigali izaberamo isiganwa, ndetse bakamenyera n’imibereho yaho mbere y’uko bakina iri siganwa.

Abakinnyi begukanye Shampiyona y'Isi y'Amagare iheruka barateganya kwitoreza mu Rwanda
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Slovenia y’Amagare, Uroš Murn, yatangaje abakinnyi yifuza bazamufasha muri Shampiyona y'Isi mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .