00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2025 yahurijwe hamwe mu mwiherero

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 6 January 2025 saa 01:41
Yasuwe :

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino w’Amagare (FERWACY), ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, ryahurije hamwe mu mwiherero abakinnyi bagize amakipe azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2025.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Mutarama 2025, ni bwo abakinnyi basubira mu mwiherero bakorera mu Kigo cy’Iterambere ry’Umukino w’Amagare (Africa Rising Cycling Center –ARCC) i Musanze.

Ni icyiciro cya kabiri cy’umwiherero ku Ikipe y’Igihugu (Team Rwanda) yari yitabiriye icyiciro cya mbere hagati ya tariki ya 26 Ugushyingo n’iya 24 Ukuboza 2024.

Visi Perezida wa Mbere wa FERWACY akaba n’Umuvugizi wayo, Bigango Valentin, yemereye IGIHE ko kuri iyi nshuro, umwiherero uzitabirwa n’amakipe yose azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2025.

Ayo makipe ni Team Rwanda na Java-InovoTec na May Stars, zombi zisanzwe ziri mu cyiciro cya gatatu cy’amakipe yabigize umwuga (Continental Teams).

Indi kipe ifite aho ihuriye n’u Rwanda ariko itazitabira uyu mwiherero ni Team Amani, irimo abakinnyi b’Abanyarwanda ariko ifite inkomoko muri Kenya, kubera ko yari isanzwe ifite gahunda zayo.

Tour du Rwanda ya 2025, izaba ku nshuro ya 17 kuva ibaye mpuzamahanga no ku nshuro ya karindwi kuva igiye ku rwego rwa 2,1, iteganyijwe kuva tariki ya 23 Gashyantare kugeza ku ya 2 Werurwe 2025.

Mbere yo kuyitabira, Ikipe y’Igihugu izabanza kwitabira Tour de Sharjah izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu tariki 24-28 Mutarama 2025.

Hari gahunda y’uko kandi Team Rwanda ishobora kwitabira Tour d’Algérie International de Cyclisme, iteganyijwe tariki 9-18 Gashyantare, mu gihe nta gihindutse.

Indi nkuru wasoma: Hatangajwe inzira za Tour du Rwanda 2025 n’amakipe azayitabira

Team Rwanda yatangiye umwiherero mu Ugushyingo, ariko ifata akaruhuko gato k'iminsi mikuru
Java-InovoTec yari imaze iminsi ikorera umwiherero i Ngarama, izawukomereza i Musanze
May Stars na yo izakorera umwiherero i Musanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .