00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagare: Hateguwe isiganwa ryo kwizihiza Umunsi w’Intwari

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 14 January 2025 saa 12:18
Yasuwe :

Mu rwego rwo kwizihiza Umunsi w’Intwari, Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) rifatanyije n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) byateguye isiganwa rya ‘Heroes Cycling Race 2025’ rizaba ku wa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama 2025.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Mutarama 2025, ni bwo FERWACY yatangaje ko mu gihe habura ibyumweru bibiri hakizihizwa Umunsi w’Intwari z’u Rwanda, hagiye kubaho irushwanwa ryo gusiganwa ku magare.

Buri tariki ya 1 Gashyantare, u Rwanda rwizihiza uyu munsi, gusa mbere y’umunsi nyirizina hategurwa imikino itandukanye aho muri uyu mwaka hazaba isiganwa ry’amagare ku wa 18 Mutarama 2025, rikabera mu Mujyi wa Kigali.

Iri siganwa rizabera mu bice by’i Remera ahari Igicumbi cy’Intwari z’Igihugu, guhera saa Tatu za mu gitondo. Abakinnyi bazakinira mu nzira y’ibilometero 6,8 ariko bayizenguruke inshuro zitandukanye.

Icyiciro cy’abagabo n’abatarengeje imyaka 23 kizakora intera y’ibilometero 136, ingimbi n’abagore bakore ibilometero 102 mu gihe abakobwa batarengeje imyaka 23 n’abangavu bazakora ibilometero 68.

Iri siganwa rigiye gukinwa ku nshuro ya gatanu kuva mu 2020 ubwo ryegukanwaga na Habimana Jean Eric na Ingabire Diane bakoze amateka yo kuritwara bwa mbere.

Mu mwaka wakurikiyeho ntiryakinwe kubera Icyorezo cya Covid-19 ndetse mu 2022 ryitabiriwe n’abaratengeje imyaka 18 gusa.

Mu 2023 ryatwawe na Tuyizere Etienne mu bagabo na Nirere Xaverine mu bagore naho mu 2024 ryegukanwa na Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ wakiniraga Benediction Club na Nirere Xaverine wa Team Amani.

FERWACY na CHENO byateguye isiganwa ry'Umunsi w'Intwari ku nshuro ya gatanu
Ni irushanwa ryitabirwa n'abakinnyi bo mu makipe yose mu Rwanda
Abakunzi b'umukino w'amagare bagiye kubona isiganwa rya mbere mu 2025
Manizabayo Eric 'Karadiyo' yegukanye isiganwa ry'Umunsi w'Intwari mu 2024
Nirere Xaverine yegukanye iri rushanwa mu nshuro ebyiri ziheruka mu bagore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .