00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda 16 mu bakinnyi 75 bazakina Tour du Rwanda 2025

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 19 February 2025 saa 03:15
Yasuwe :

Abanyarwanda 16 bagabanyije mu makipe atanu, bari mu bakinnyi 75 bazakina irushanwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka igihugu, Tour du Rwanda 2025, riteganyijwe kuva tariki 23 Gashyantare kugeza ku ya 2 Werurwe.

Muri iri rushanwa mpuzamahanga rigiye kuba ku nshuro ya 17, u Rwanda ruzaba rufitemo amakipe ane muri 15 azarikina.

Abakinnyi 16 b’Abanyarwanda ni bo bazakina irushanwa ry’uyu mwaka aho bazaba bagabanyije mu makipe atanu atandukanye.

Ikipe y’Igihugu “Team Rwanda” igizwe na Mugisha Moïse, Masengesho Vainqueur, Munyaneza Didier, Nkundabera Eric na Uwiduhaye Mike.

Team Amani igizwe na Kagimu Charles, Desta Teweldemedhn Amaniel, Lorot Lawrence, Muhoza Eric na Niyonkuru Samuel.

May Stars igizwe na Ngendahayo Jérémie, Gainza Rodriguez Alejandro, Gasparini Alessio, Hakizimana Aimable na Ruhumuriza Aimé.

Ni mu gihe Java-InovoTec igizwe na Manizabayo Eric ‘Karadiyo’, Byukusenge Patrick, Gahemba Uhoraningoga Barnabé, Nsengiyumva Shemu na Tuyizere Étienne.

Undi mukinnyi w’Umunyarwanda uzakina iri rushanwa ni Nzafashwanayo Jean Claude uzaba uri mu Ikipe ya Centre Mondial du Cyclisme.

Mu bakinnyi bakomeye bazitabira harimo Henok Mulubrhan wegukanye Tour du Rwanda ya 2023, aho kuri iyi nshuro azaba ari hamwe na Eyob Metkel, Araya Zeray Nahom, Kibrom Awet na Natan Medhanie mu Ikipe y’Igihugu ya Eritrea.

Ikipe ya TotalEnergies yo mu Bufaransa yitabaje abakinnyi bakomeye barimo abanyemenyereye Tour du Rwanda nka Thomas Bonnet, Fabien Doubey na Lorrenzo Manzin. Abandi izakinisha ni Joris Delbove na Baptiste Vadić.

Ni mu gihe Israel-Premier Tech yo muri Israël, kuri iyi nshuro izakinisha Einhorn Itaramar wegukanye uduce tubiri muri Tour du Rwanda ya 2024, Samuel Coleman, Emery Faingezicht, Brady Gilmore na Moritz Kretschy.

Tour du Rwanda ya 2025 igizwe n’ibilometero 840,6, izaba igizwe n’uduce umunani aho agace karekare ari aka Kabiri [Rukomo ya Gicumbi- Kayonza] kareshya n’ibilometero 158.

Mu makipe azakina isiganwa ry’uyu mwaka harimo abiri yabigize umwuga ari yo Israel - Premier Tech (Israel) na TotalEnergies (U Bufaransa).

Amakipe akina amarushanwa yo ku migabane (Continental Teams) ni Lotto–Dstny (U Bubiligi), Team Amani (Rwanda), Bike Aid (U Budage), Development Team dsm–firmenich PostNL (u Buholandi), Java InovoTec (Rwanda), May Stars (Rwanda) na UAE (United Arab Emirates).

Amakipe y’Ibihugu ni: U Rwanda, Angola, Afurika y’Epfo, Eritrea, Ethiopia na UCI Centre Mondiale du Cyclisme (igizwe n’amakipe ya Afurika avanze).

Inzira za Tour du Rwanda 2025:

Agace ka Mbere: Ku Cyumweru, tariki ya 23 Gashyantare: Stade Amahoro – Stade Amahoro (Gusiganwa n’ibihe nk’umukinnyi ku giti cye ibilometero 4).

Agace ka Kabiri: Ku wa Mbere, tariki ya 24 Gashyantare: Rukomo - Kayonza (ibilometero 158).

Agace ka Gatatu: Ku wa Kabiri, tariki ya 25 Gashyantare: Kigali - Musanze (ibilometero 121).

Agace ka Kane: Ku wa Gatatu, tariki ya 26 Gashyantare: Musanze - Rubavu (ibilometero 102).

Agace ka Gatanu: Ku wa Kane, tariki ya 27 Gashyantare: Rubavu - Karongi ( ibilometero 97)

Agace ka Gatandatu: Ku wa Gatanu, tariki ya 28 Gashyantare: Rusizi - Huye (ibilometero 143).

Agace ka Karindwi: Ku wa Gatandatu, tariki ya 1 Werurwe: Nyanza - Canal Olympia (ibilometero 114).

Agace ka Munani: Ku Cyumweru, tariki ya 2 Werurwe: KCC-KCC (ibilometero 73).

Ruhumuriza Aimé w'imyaka 18 azakinira May Stars. Mu 2024, yigaragaje mu kuzamuka, mu masiganwa y'abato ya "Rwanda Junior Tour"
Byukusenge Patrick azakina Tour du Rwanda ku nshuro ya 12
Thomas Bonnet ni umwe mu bakinnyi TotalEnergies yitabaje
Ikipe y'Igihugu y'Amagare "Team Rwanda" iri mu makipe ane azahagararira igihugu uyu mwaka
Umunya-Israel Einhorn Itaramar yegukanye uduce tubiri muri Tour du Rwanda 2025
Henok Mulubrhan yaba aje kwisubiza Tour du Rwanda yegukanye mu 2023?

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .