00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Amashuri azahagararira akarere ku rwego rwa Ligue yashimiwe (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 February 2025 saa 03:56
Yasuwe :

Ku Cyumweru, tariki ya 23 Gashyante 2024, mu Karere Ka Ruhango hasojwe amarushanwa mu mikino itandukanye ku rwego rw’Akarere, hashimirwa ibigo by’amashuri byabaye ibya mbere bizajya guhatana ku rwego rwa “Ligue Centre II” igizwe n’uturere twa Kamonyi, Ruhango, Muhanga na Nyanza.

Umuhango wo guhemba amakipe yitwaye neza wabereye kuri GS Indangaburezi aho wabanjirijwe n’umukino wa nyuma mu bahungu n’abakobwa bakina Volleyball.

Iyi mikino yitabiriwe n’Abayobozi b’Akarere batandukanye barimo Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Valens Habarurema; Umuyobozi Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukangenzi Alphonsine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Mbabazi M. Louis, n’abayobozi batanduakanye baturutse muri Minisiteri ya Siporo n’imirenge itandukanye mu Karere.

Hatanzwe ibihembo bitandukanye no ku nzego zitandukanye, by’umwihariko ku makipe yitwaye neza. Abitabiriye habahwe ubutumwa bwo gukomeza kwita kuri siporo mu mashuri yose no mu Karere muri rusange, kuzamura impano z’abakiri bato mu mikino itandukanye, gufasha no guherekeza amakipe yitwaye neza ku rwego rukurikiyeho.

Mu batarengeje imyaka 20, amakipe yitwaye neza muri Basketball y’abahungu ni Lycée de Ruhango, APARUDE na E.SC. Byimana mu gihe mu bakobwa ari Lycée de Ruhango, E.SC. Byimana, na Collège Adventiste.

Muri Volleyball y’abahungu, Gitisi TSS, E.SC. Byimana na Collège Karambi mu gihe abakobwa ari GS Indangaburezi, E SC. Byimana na GSNDL Byimana.

Muri Handball y’abahungu ni E.S Kigoma, E SC. Byimana na Gitisi TSS naho mu bakobwa ni E.S Kigoma na Gitisi TSS.

Mu mupira w’amaguru w’abakobwa, amakipe yitwaye neza ESAPAG, E.SC Byimana na Kinazi TSS mu gihe GS Munanira, GS Ruhango Catholique na GS Mwendo.

Muri Rugby y’abahungu n’abakobwa hatsinze Gitisi TSS naho muri Basketball y’abakina ari batatu, amashuri yitwaye neza ni E.S Mukingi, Collège Adventiste na Collège Karambi.

Muri Beach Volleyball, abitwaye neza ni Gitisi TSS na E.SC. Byimana.

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 13, muri Handball y’abahungu bakomeje EP Gitisi Catholique, GS Muyange na EP Mayebe naho mu bakobwa hakomeza EP. Gitisi Catholique, EP Mayebe na GS Muyange.

Muri Rugby y’abahungu ni GS Gikoma GV, EP Gitisi Catholique na EP Mugomba naho mu bakobwa ni GS Gikoma GV, EP Mugomba na EP Gitisi Catholique.

Muri Basketball y’abahungu n’abakobwa, abitwaye neza ni CS Amizero na Bright Future naho muri Volleyball y’abahungu ni CS Amizero, EP Gitisi Catholique na EP Kirengeri mu gihe mu bakobwa ari CS Amizero, EP Kirengeri na EP Gitisi Catholique.

Umupira w’amaguru mu bahungu ni EP Mugomba, GS Munini na EP Kanyinya mu gihe mu bakobwa ari EP Gitisi Catholique, EP Mugomba na EP Ntinyinshi.

Mu batarengeje imyaka 16, muri Basketball y’abahungu, amakipe yitwaye neza E.SC. Byimana, College Adventiste na Bright Fute naho mu bakobwa ni College Adventiste na E.SC. Byimana.

Muri Volleyball y’abahungu n’abakobwa ni E.SC. Byimana naho mu mupira w’amaguru w’abahungu ni GS Karambi, GS Mbuye na College Adventiste mu gihe mu bakobwa ari GS Rwinyana, GS Karambi na GS Mwendo. Ni mu gihe muri Handball y’abahungu ari E.S Kigoma naho mu bakobwa hakaba GS Muyange.

Uretse amakipe yitwaye neza yahembwe, hahembwe kandi n’imirenge itatu yitwaye neza ari yo Mbuye, Kabagali na Kinihira.

Imikino mu mashuri ku rwego rw'Akarere ka Ruhango yasojwe ku Cyumweru
Hari hateguwe ibikombe byo guha amakipe yabaye aya mbere mu gihe aya kabiri yahawe 'certificat'
Ubuyobozi bw'Akarere ka Ruhango bwitabiriye isozwa ry'imikino ku rwego rw'Akarere, yasize hamenyekanye amakipe azagahagararira ku rwego rwa Ligue
Ubuyobozi bw'Akarere ka Ruhango bwitabiriye isozwa ry'imikino ku rwego rw'Akarere, yasize hamenyekanye amakipe azagahagararira ku rwego rwa Ligue
Imirenge yahize indi yarashimiwe
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Valens Habarurema, ni we wari umushyitsi mukuru
Nsanzamahoro Wenceslas uyobora Ishyirahamwe rya Siporo mu Mashuri mu Karere ka Ruhango
Harerimana Emmanuel ni we wari uyoboye gahunda
Umuyobozi wa Tekinike mu Ishyirahamwe ry'Imikino mu Mashuri, Habiyambere Emmanuel ni we wari uhagarariye ubuyobozi bw'iri Shyirahamwe
Umurenge wa Mwendo uri mu mirenge ifite amakipe yitwaye neza
Meya Habarurema Valens aha igihembo Umuyobozi ushinzwe Uburezi mu Murenge wa Kabagali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .