00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyirishema Richard yakoze ihererekanyabubasha na Nelly Mukazayire ku buyobozi bwa Minisiteri ya Siporo

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 24 December 2024 saa 01:59
Yasuwe :

Ku biro bya Minisiteri ya Siporo habereye ihererekanyabubasha hagati ya Minisitiri wa Siporo ucyuye igihe Nyirishema Richard ndetse n’uwamusimbuye Nelly Mukazayire.

Minisitiri Mukazayire uherutse gushyirwaho na Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bagize Guverinoma, yakoze ihererekanyabubasha kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Ukuboza 2024.

Ni umuhango witabiriwe na Rwego Ngarambe wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri ya Siporo, umwanya ushyizweho bwa mbere kuva iyo minisiteri yashingwa, Uwayezu François Régis wagizwe Umunyamabanga Uhoraho n’abandi bakozi bayo.

Mu butumwa bwatanzwe n’iyi Minisiteri ibunyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ko yishimiye “akazi kakozwe na Nyirishema no guha ikaze Mukazayire akamukorera mu ngata mu guteza imbere siporo y’u Rwanda.”

Nyirishema yahawe inshingano nshya zo kuba Umuyobozi Nshingwabikorwa mu Kigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi.

Nelly Mukazayire yatangiye inshingano nshya ku buyobozi bwa Minisiteri ya Siporo
Abayobozi bashya bagize Minisiteri ya Siporo bagiye gukorera mu ngata Nyirishema Richard
Abayobozi bashya ba Minisiteri ya Siporo bakoze ihererekanyabubasha
Umuhango w'ihererekanyabubasha witabiriwe n'abakozi bose ba Minisiteri
Uwayezu François Régis ni we Munyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo
Rwego Ngarambe yahawe umwanya munshya muri Minisiteri ya Siporo wo kuba Umunyamabanga wa Leta
Nyirishema Richard yarangije imirimo ye muri Minisiteri ya Siporo
Nelly Mukazayire yagizwe Minisitiri wa Siporo
Nelly Mukazayire, Uwayezu François Régis na Rwego Ngarambe ni bo bayobozi bashya ba Minisiteri ya Siporo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .