00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FAPA na Ferwahand mu bafatanyabikorwa bane bashya ba Federasiyo y’Imikino n’Umuco mu Mashuri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 March 2025 saa 11:37
Yasuwe :

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri (FRSS) ryagiranye amasezerano y’ubufatanye n’abafatanyabikorwa bane bashya barimo Ishyirahamwe ry’Abakiniye Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ [FAPA] na Federasiyo y’Umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND).

Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa Kane, tariki ya 20 Werurwe 2025, azamara imyaka itanu.

Abandi basinyanye na FRSS ni Umuryango Special Olympics Rwanda wita ku bafite ubumuga bwo mu mutwe n’abatabufite binyuze muri siporo na Rwema Energy Sport Company Ltd izafasha mu bijyanye no gushaka abaterankunga.

Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri (FRSS), Karemangingo Luke, yavuze ko bishimiye kubona aba bafatanyabikorwa, ashimangira ko kubagira bizafasha kuzamura urwego rw’imikino y’abanyeshuri mu Rwanda.

Ati “Tumaze igihe kitari gito dushaka kugirana amasezerano n’abantu batandukanye, ariko ay’uyu munsi yo yari meza cyane. Igitekerezo cyaje ari ukugira ngo tujye mu ngamba twese. Nka FAPA, turagira ngo tubegere, tubakureho ubumenyi, abana dufite babone ababatera ishyaka.”

Yakomeje agira ati “Bizadufasha cyane kuko bazi umupira w’amaguru, ni abantu batoje, batojwe kandi bazi umupira neza. Byatugoraga kubona inararibonye nka bo ngo idutoreze abana, ku buryo byadusabaga ubushobozi.”

Murangwa Eric Eugène uyobora FAPA, yavuze ko bakiriye neza igitekerezo cya FRSS ndetse cyahuriranye na gahunda bafite yo guteza imbere umupira w’amaguru bahereye mu bana.

Ati “Bishingiye ku bintu nka bibiri cyangwa bitatu, icya mbere ni uko bihura n’inshingano twihaye cyangwa dufite nka FAPA. Igitumye turiho uyu munsi ni ukugira ngo dutange umusanzu mu mupira w’amaguru by’umwuhariko mu bakiri bato. Nta handi hantu heza hashoboka wabasha gukorera icyo kintu birenze kubikorera mu mashuri.”

Yongeyeho ati “Bijyanye na politiki y’igihugu cyacu muri siporo, ni ikintu dusabwa gukora mu buryo budasanzwe muri iki gihe nk’uko Perezida wacu akunze kubitwibutsa.”

Kugirana amasezerano y’ubufatanye hagati ya FRSS na FERWAHAND na byo byashimangiye uburyo impande zombi zifuza gukomeza kuzamura umukino wa Handball mu mashuri.

Uyu mukino ushingiye ku bakiri bato aho kugeza ubu hari ibigo 26 bitorezwamo abana batarengeje imyaka 18 mu bice bitandukanye by’igihugu mu gihe amashuri 104 ari yo awukina mu marushanwa ayahuza ndetse amwe muri ayo akegukana ibikombe mu Mikino ya FEASSSA.

Ku bijyanye n’Umuryango Special Olympics Rwanda, na wo umaze kugera mu bigo by’amashuri birenga 210 mu gihugu aho abana bakinana na bagenzi babo badafite ubumuga bwo mu mutwe.

Ntwari Eric uhagarariye Rwema Energy Sport Company Ltd, yavuze ko biteguye gufatanya n’abafatanyabikorwa bose b’Ishyirahamwe ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri kugira ngo barishakire ubushobozi.

Ati “Twahawe inshingano yo kubamurika no kubashakira ishoramari kugira ngo impano z’abana b’Abanyarwanda zizamuke ariko zinafite bwa bushobozi. Hamwe n’abandi mwabonye basinye amasezerano, bose tuzafatanya, twizeye ko tuzagera ku bintu byiza.”

Aya masezerano yasinywe mu gihe amarushanwa y’imikino n’umuco mu mashuri yo mu Rwanda ageze ku rwego rw’igihugu, aho amakipe yitwaye neza muri icyo cyiciro ari yo yitabira Imikino ihuza Ibigo by’Amashuri yo muri Afurika y’Iburasirazuba (FEASSSA), uyu mwaka izabera muri Kenya.

Perezida wa FRSS, Karemangingo Luke n'Umunyamabanga Mukuru wa FERWAHAND, Tuyisenge Pascal, bashyira umukono ku masezerano
FRSS na FERWAHAND byemeye gukomeza imikoranire yo kuzamura Handball mu mashuri
Abayobozi ba FRSS bifotozanya n'abari bahagarariye FERWAHAND mu isinywa ry'amasezerano
Umunyamabanga w'Ishyirahamwe Nyarwanda rya Siporo mu Mashuri (FRSS), Rugasire Kamugunga Euzebius
FRSS yasinyanye amasezerano y'ubufatanye na Rwema Energy Sport Company Ltd ihagarariwe na Ntwari Eric
Umuryango Special Olympics Rwanda na wo wagiranye ubufatanye n'Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Imikino n'Umuco mu Mashuri
Umuyobozi wa FAPA, Murangwa Eugene na Perezida wa FRSS, Karemangingo Luke, nyuma yo gusinya amasezerano y'ubufatanye
Bamwe mu bakiniye Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' bari muri FAPA bari bitabiriye iki gikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .