00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasaga 1000 bashyizwe ku isoko ry’umurimo na UNILAK basabwa kuba impinduka zikenewe

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 20 June 2024 saa 05:42
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Inama y’amashuri makuru na za Kaminuza mu Rwanda (HEC), Dr. Rose Mukankomeje, yasabye abanyeshuri basoje amasomo muri Kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, UNILAK, kuba impinduka zikenewe ku buryo zizagirira umumaro Abanyarwanda.

Ni ubutumwa yatambukije kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Kamena 2024, mu muhango wo gushyikiriza impamyabumenyi abanyeshuri 1116 barangije amasomo muri UNILAK, yawukoraga ku nshuro ya 18.

Muri aba banyeshuri, harimo 931 basoje amasomo y’Icyiciro cya Kabiri cya kaminuza n’abandi 185 basoje ay’Icya Gatatu.

Dr. Mukankomeje yagize ati “Mureke tuganishe ku gusesengura uko Isi yacu ihora ihinduka, muramenye ntizabasige cyangwa ngo ibamire, ahubwo murasabwa kuyihindura ku buryo yaba nziza buri Munyarwanda agashimishwa no kuba muri iyo Si.”

Mu banyeshuri 931 basoje amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu mashami anyuranye harimo 365 b’igitsina gabo mu gihe abandi 566 ari ab’igitsina gore.

Abanyeshuri 185 basoje amasomo mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza mu mashami atandukanye harimo 122 b’igistina gabo na 63 b’igitsina gore.

Umuyobozi w’Ikirenga wa UNILAK, Prof. Butera Alex, yashimiye umuhate n’ubushake bwo kumenya by’abarangije amashuri mu myaka bamaze biga, abasaba ko mu buzima bushya batangiye bagomba kubaho bafite intego no kuzuza neza inshingano zabo.

Ati “Ntimuzibagirwe ko mu buzima kwiga bikomeza, ibyo mwaboneye hano muri UNILAK, ubumenyi mwakuye hano buzabashoboza kunyura mu nzitizi mwemye. Mwahitamo gukomeza kwiga, gutangira imirimo cyangwa mukerekeza ahandi nizeye neza ko muzabigiramo impinduka nziza mukahasiga ibigwi.”

“Mujye muhora mwibuka ko kugera ku nsinzi kwa nyako atari ukwigirira akamaro wowe ubwawe ahubwo bigaragarira ku mumaro ugirira abandi muri sosiyete.”

Umuyobozi Mukuru wa UNILAK, Prof. Ngamije Jean, yavuze ko nk’umuryango mugari wa UNILAK, bifuriza ishya n’ihirwe aba banyeshuri barenga 1000 bashya bagiye guhatana ku isoko ry’umurimo mu nzego zitandukanye hirya no hino.

Ati “Turashima Leta y’u Rwanda na Minisiteri y’Uburezi, ku nama n’ubufasha bose batanga kugira ngo kaminuza zose zo mu Rwanda zikomeze zitere imbere kandi zigere ku rwego rushimishije, urugendo ruracyahari ariko ku bufatanye bwa twese tuzagera ku byinshi byiza.”

Muri uyu muhango kandi hahembwe abanyeshuri umunani bahize abandi, barimo bane bo mu Cyiciro cya Kabiri cya kaminuza n’abandi bane bo mu Cyiciro cya Gatatu cya kaminuza mu mashami atandukanye.

Muri uyu muhango hafashwe umwanya wo kwibuka Pasiteri Ezra Mpyisi, witabye Imana mu ntangiriro z’uyu mwaka, watanze umusanzu ukomeye cyane mu gutangiza kaminuza ya UNILAK, kandi akaba atarahwemye kugaragaza ko ayishyigikiye muri byose.

Hanibutswe kandi Pasiteri Nyamaswa Ephron, watabarutse umwaka ushize, nawe wabaye umuyobozi w’abanyeshuri muri UNILAK.

Kuva kaminuza ya UNILAK yafungura imiryango, imaze gushyikiriza impamyabumenyi abanyeshuri 14.738 bo mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza n’abandi 840 bo mu cya gatatu cya kaminuza, bose hamwe bakaba 15.578.

Ababyeyi bari babukereye
Banki ya Ecobank yageneye umunyeshuri wahize abandi mu Cyiciro cya Gatatu cya kaminuza igihembo cya miliyoni 1,5 Frw
Ababyeyi bafataga amashusho y'urwibutso yo kwiyibutsa ibi birori
Akanyamuneza kari kose mu masura y'aba banyeshuri bashyikirijwe impamyabumenyi
Hanyuzwagamo akanya, korari ikaririmbira abari bitabiriye ibi birori
Mugisha Cedric wasoje amasomo ajyanye n'amategeko yahawe mudasobwa
Mu banyeshuri 185 barangije mu Cyiciro cya Gatatu cya kaminuza mu harimo 122 b’igistina gabo na 63 b’igitsina gore
Abanyeshuri 931 barangije amasomo y’Icyiciro cya Kabiri cya kaminuza
Itsinda rya muzika, Rise Indinda Band, ryasusurukije abari bitabiriye uyu muhango mu karasisi
Iki gikorwa cyabimburiwe n'isengesho
Kuva kaminuza ya UNILAK yafungura imiryango imaze gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 15.578
Ni ku nshuro ya 18 UNILAK ishyize abanyeshuri ku isoko ry'umurimo
Abagize amanota ari hejuru bagenewe ibihembo binyuranye
Senateri Prof. Kanyarukiga Ephrem, ni umwe mu bitabiriye uyu muhango
Umuyobozi Mukuru w’Inama y’amashuri makuru na za Kaminuza mu Rwanda HEC, Dr Rose Mukankomeje, yasabye abanyeshuri kuba impinduka zikenewe ku Isi
Uwahize abandi bose mu Cyiciro cya Kabiri cya kaminuza muri UNILAK yahembwe na Ecobank
UNILAK izwiho umwihariko wo gukingurira amarembo abanyeshuri bo mu mahanga bakaza kuhiga
Umuyobozi Mukuru wa UNILAK, Prof. Ngamije Jean, yavuze ko bifuriza ishya n’ihirwe abanyeshuri bagiye guhatana ku isoko ry’umurimo
Umwe mu banyeshuri bo mu Cyiciro cya Gatatu cya kaminuza ashyikirizwa impamyabumenyi ye
Umuyobozi w’Ikirenga wa UNILAK, Prof. Butera Alex, yashimiye umuhate n’ubushake bwo kumenya by’abarangije amasomo

Amafoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .