Akenshi bikorwa hagamijwe gukurura abantu benshi bareba iyo video.
Izi mpinduka Youtube igiye gutangira gukora, zizatangirira mu Buhinde nk’uko yabitangaje ibinyujije mu butumwa yashyize hanze.
Umuvugizi wa Youtube, Jack Malon, yabwiye Ikinyamakuru The Verge, ko mu gihe cy’amezi make izi mpinduka zizagenda zigera no mu bindi bihugu.
Youtube yavuze ko hafashwe umwanzuro wo gufata izi ngamba nshya kuko byagaragaye ko video zimeze gutya ziyobya abantu cyane cyane ku ngingo zirebana n’amakuru aba agezweho cyangwa ay’ako kanya.
Yifashishije urugero rwa video yigeze gushyirwaho ivuga ko ‘Perezida yeguye!’ nyamara wayifungura ugasanga ntaho bivugwa cyangwa bigaragara ko perezida yeguye yewe nta n’aho ibirimo bihuriye na politiki.
YouTube izajya isiba aya mashusho itabanje kumenyesha ba nyirayo ko bigiye gukorwa. Ni ukuvuga ko bazajya bayashyiraho nyuma bisange yavuyeho.
Yagize iti “Mu gihe dukomeje guhugura abakoresha uru rubuga ibijyanye n’amategeko, tuzibanda cyane ku kugenzura no gushyira mu bikorwa izi mpinduka ku mashusho mashya azajya ashyirwa ku rubuga.”
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!