00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Meta igiye guhindura uburyo bwo kugenzura ibitangarizwa ku mbuga zayo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 January 2025 saa 11:26
Yasuwe :

Ikigo Meta cy’umuherwe Mark Zuckerberg wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyatangaje ko mu mezi ari imbere kizahindura uburyo bwo kugenzura amakuru atangarizwa ku mbuga nkoranyambaga zacyo.

Meta ifite imbuga nkoranyambaga enye: Facebook, Instagram, WhatsApp na Threads. Zose hamwe zikurikirwa n’abarenga miliyoni eshatu bo hirya no hino ku Isi.

Nko kuri Facebook, Instagram na Threads, iyo umuntu yahatangarizaga ubutumwa bw’ibinyoma, ubw’urwango, ivangura, ubushyigikira ihohoterwa cyangwa iterabwoba, bwakurwaho cyangwa se bugahishwa.

Icyemezo cyo gukura ubutumwa kuri izi mbuga cyangwa kubuhisha abazikurikira gishingira ku busesenguzi bukorwa n’ibigo byabigize umwuga bikorana na Meta.

Zuckerberg yatangaje ko uburyo bwo kugenzura amakuru hifashishijwe ibi bigo buzahagarara guhera muri Amerika, bitewe n’uko ngo iyo bihitamo amakuru yo gusesengura, hari ubwo bibogama.

Mu mashusho y’iminota itanu uyu muherwe yatangarije ku mbuga nkoranyambaga za Meta, yagize ati “Igihe kirageze ngo dusubire aho twahoze, hagamijwe ubwisanzure mu kuvuga. Tugiye gusimbuza abasesengura amakuru Community Notes, tworoshye uburyo bwacu, twibanda ku kugabanya amakosa.”

Community Notes ni ubutumwa bwandikwa n’ikigo gikoresha urubuga nkoranyambaga, bushyira umucyo ku makuru ashobora kuba ayobya abantu, bugaherekezwa na ‘link’ nk’igihamya.

Kuri ubu buryo busanzwe bukoreshwa no ku rubuga nkoranyambaga X rw’umuherwe Elon Musk, ntabwo ho hasibwa ubutumwa bushobora kuba buyobya abantu cyangwa ngo buhishwe.

Perezida w’ikigo Poynter Institute kigenzura PolitiFact, Neil Brown, yagaragaje ko nubwo Zuckerberg yashinje ikigo cyabo n’ibindi bisesengura amakuru kuri izi mbuga kubogama, Meta ari yo ifata icyemezo cyo gusiba ubutumwa cyangwa se ikabuhisha.

Neil yagize ati “Ntabwo kugaragaza ukuri ari ugusiba ubutumwa. Ntabwo abasesengura ukuri bigeze basiba ubutumwa. Iteka Meta ni yo igira ubwo bubasha. Ni igihe cyo kwirinda imvugo rutwitsi kandi itari ukuri mu gusobanura uruhare rw’abanyamakuru basesengura ukuri.”

Ibiro Ntaramakuru AFP bigenzura AFP Fact Check byatangaje ko icyemezo cya Zuckerberg cyababaje umuryango w’abanyamakuru n’abandi bagenzura ukuri kw’amakuru, bisobanura ko bikomeje gukurikirana iki kibazo.

Elon Musk yagaragaje ko icyemezo cya Zuckerberg cyo guhindura uburyo bwo kugenzura amakuru yo ku mbuga nkoranyambaga za Meta ari icyiza.

Mark Zuckerberg yatangaje ko Meta izatangira gukoresha 'Community Notes' mu mezi ari imbere
Izi mpinduka zizagaragara ku mbuga eshatu za Meta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .