00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

iPhone 14 igiye kujya ku isoko

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 18 Kanama 2022 saa 06:13
Yasuwe :

Apple irateganya ko tariki ya 7 Nzeri uyu mwaka, izamurika telefoni yayo nshya ya iPhone 14 izaba igiye kumera nka iPhone 13 Max iheruka ku isoko.

Iyi telefoni izajya hanze mu gihe kimwe n’ibindi bikoresho birimo MacBook nshya, iPads ndetse n’ubwoko butatu bw’amasaha ya Apple Watch.

Ubusanzwe iyo Apple imuritse ibikoresho byayo, biboneka ku isoko nibura nyuma y’icyumweru kimwe. Bivuze ko iyi telefoni nimurikwa ku itariki ya 7 Nzeri, umuntu azaba abasha kuyibona ku isoko guhera ku itariki ya 16 Nzeri.

Amakuru y’uko iyi telefoni izajya hanze yemejwe n’abantu bazi neza imikorere ya Apple gusa ubuyobozi bwayo nta kintu bwigeze butangariza itangazamakuru.

Gusa muri Kamena, Apple yari yatangaje ko igiye gushyira hanze iOS16, iPadOS 16, watchOS 9 na macOS Ventura.

Bivugwa ko iPhone 14 izaba imeze kimwe na iPhone 13, gusa kuri iyi nshuro ntabwo ubwoko bwa telefoni nto [mini] ifite santimero 13,716 buzakorwa ahubwo buzasimbuzwa n’ifite santimetero 17.018. Ni bwo bwa mbere Apple izaba ishyize ku isoko iPhone ingana gutyo.

Impinduka zikomeye zizagaragarira kuri camera kuko izaba ifite megapixel 48 na megapixel 12. Hitezwe kandi impinduka ku burambe bwa batiri za telefoni nshya ku buryo igihe zimaramo umuriro cyakwiyongera.

Ku masaha ya Series 8, ho byitezwe ko hazongerwamo uburyo bwo gupima umuriro w’umuntu ndetse n’ibindi bijyanye n’ubuzima bw’abagore.

iPhone 13 ni yo telefoni iheruka ku isoko ya Apple. Igiye gukorerwa mu ngata na iPhone 14 izamurikwa mu ntangiriro za Nzeri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .