00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Volvo yazanye ikoranabuhanga rishya mu mikandara y’imodoka

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 5 June 2025 saa 10:28
Yasuwe :

Volvo ikomeje gukataza mu kubaka izina ryayo mu bijyanye n’umutekano mu modoka aho ubu igiye gushyiraho umukandara mushya uzajya ukoresha ikoranabuhanga ku buryo urinda uwambaye mu gihe ari mu rugendo.

Ikoranabuhanga ry’imikandara yo mu modoka ntabwo ryigeze rihinduka kuva mu myaka ya 1960 ubwo Volvo yahangaga irikoreshwa ubu. Nubwo bimeze bityo, imodoka zo zarahindutse, zongerwamo sensors, camera na za mudasobwa zifasha umushoferi zikamurinda gukora impanuka.

Ubu Volvo irashaka ko ibyo bikoresho byose bigira uruhare mu kongera ubushobozi bw’imikandara. Imikandara igezweho izajya ibasha kugenzura ingano y’imbaraga igomba gukoresha mu kwegera umuntu mu gihe cy’impanuka.

Ni ukuvuga ngo umukandara uzajya ufata umuntu umukomeze mu kumurinda impanuka.

Volvo ivuga ko uwo mukandara mushya wongerewe ubushobozi ugereranyije n’iyari isanzwe, ukava kuri gatatu ukagera kuri 11 kandi ushobora no gufasha umuntu uwo ariwe wese hatitawe ku ngano ye.

Uwo mukandara uzajya wifashisha ikoranabuhanga, ukwire umuntu ugendeye ku ndeshyo ye, ibiro bye, imiterere y’umubiri we, uko yicaye n’ibindi. Intebe y’umugenzi izajya iba ifite uburyo umukandara uba muremure kurushaho ku buryo urinda umuntu kuba yagira impanuka ku mutwe mu gihe cy’impanuka mu gihe nk’indi myanya izajya ihabwa imikandara ishobora kurinda umuntu kuba yavunika imbavu.

Imikandara mishya izajya ifata umuntu bitewe n'ingano ye
Volvo ni sosiyete yo muri Suède imaze kwandika izina mu gukora ubwirinzi bw'imodoka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .