00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umushinga wa miliyari 28$ wa Intel wo kubaka inganda zikora ‘chips’ uri kugenda biguruntege

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 1 March 2025 saa 07:20
Yasuwe :

Uruganda rwa Intel rwatangaje ko rutazubaka inganda zikora ‘chips’ muri Leta ya Ohio mu gihe cyari cyarateganyijwe, aho rwavuze ko byibuze mu 2030 hazaba harangiye rumwe gusa mu Mujyi wa New Albany muri ebyiri zigomba kubakwa.

Izi nganda zagombaga kubakwa muri Ohio binyuze mu mushinga wa miliyari 28$ wa Intel, aho byari biteganyijwe ko urwa mbere ruzaba rwarangiye mu 2025 urwa kabiri rukarangira mu 2027.

‘Chips’ ni udukoresho tw’ikoranabuhanga duto dukora nk’ubwonko bwa mudasobwa cyangwa ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga. Zifasha ibi bikoresho gusesengura no gutunganya amakuru no gufata ibyemezo ku buryo nk’iyo ukanze ahantu runaka kuri mudasobwa cyangwa ufunguye porogaramu, ihita imenya icyo gukora.

Intel yavuze ko uruganda rumwe ruzatangira gukora hagati ya 2030 na 2031 mu gihe urwa kabiri biteganyijwe ko ruzatangira imirimo mu 2032 rukimara kubakwa.

Ibi bibazo bije nyuma y’uko Intel ishatse guhindura umurongo w’imikorere yayo, aho ishaka kuba umufatanyabikorwa w’ibindi bigo mu gukora ‘chips’, ahanini byatewe no guhura n’ibibazo by’ihungabana ry’ubukungu bwayo.

Umwaka ushize uru ruganda rwgabanyije 15% by’abakozi bwarwo, ndetse rutangaza ko mu myaka iri imbere ruzagenda rugabanya amafaranga rushora mu bikorwa byarwo.

Umuyobozi muri Intel, Naga Chandrasekaran, yabwiye abakozi b’uru ruganda ko icyemezo cyo gutinda kw’iyi gahunda yo kubaka inganda nshya cyafashwe kugira ngo imikorere yarwo ihure n’ibyo isoko rikeneye muri ibi bihe kandi rwitware neza mu micungire y’umutungo.

Umushinga wa miliyari 28$ wa Intel wo kubaka inganda zikora ‘chips’ muri Ohio uri kugenda biguruntege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .