00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa: Robots zatangiye gutozwa imirimo hifashishijwe AI

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 13 May 2025 saa 07:17
Yasuwe :

Robots zifite imiterere nk’iy’abantu ziri gutozwa imirimo itandukanye mu mujyi wa Shanghai mu Bushinwa, nko kuzinga imyenda, gukora imigati no gufungura inzugi, hifashishijwe ubwenge buhangano (AI).

Izi robots zitozwa amasaha 17 ku munsi. Intego nyamukuru ni ugukusanya amakuru azakoreshwa n’ikigo AgiBot, azagifasha kumenya ibyo robots muri rusange zizatozwa kugira ngo zikore imirimo itandukanye abantu bakora.

AgiBot yizeye ko mu minsi iri imbere, robots zizaba ziri ahantu hose ndetse ko zizahindura uburyo abantu babaho, bakora ndetse n’uko basabana.

U Bushinwa bukomeje gushyira imbaraga mu gukora za robots, aho bubona ari kimwe mu bisubizo bizabafasha guhanga n’ibibazo birimo intambara y’ubucuruzi hagati yabwo na Amerika ndetse n’ibindi bibazo bishingiye ku bukungu.

Ubwo Perezida Xi Jinping yasuraga ahakorerwa izi robots muri Mata 2025, yavuze mu mvugo itebya ko zishobora no kwifashishwa nk’ikipe y’umupira w’amaguru.

Mu 2024, ibigo bikora robots byahawe asaga miliyari 20 z’Amadolari zo kunoza imishinga yabyo ndetse byitezweko hazashorwamo andi arenga miliyari 137 z’Amadolari mu rwego rwo gukomeza gutegura icyerekezo cy’iki gihugu.

Mu 2023, 51% bya robots zagiye ku isoko mpuzamahanga zakozwe n’u Bushinwa.

U Bushinwa bufite ibigo 140 bikora robots
Iki gihugu cyihaye intego yo kuza ku isonga mu bigo bikora robots
Umwaka ushize, 51% bya robots zagurishijwe ku Isi ni iz'ibigo by'Abashinwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .