Ikinyamakuru Maeil Business News cyatangaje ko mbere uru ruganda rwari rwatangaje koruzashyira ku isoko uyu mwaka telefone zingana na miliyoni 310, gusa kubera ibibaoz by’ubukungu hashobora gukorwa miliyoni 280.
Umusesenguzi mu bijyanye n’ubucuruzi muri icyo gihugu Shinhan yabwiye iki kinyamakuru ko uru ruganda rushobora kugabanya ibyo rukora kugera ku kigera cya 35% ndetse izi mpinduka ko zishobora gukomeza kugera umwaka utaha.
Ku rundi ruhande ariko hari amakuru avuga ko uruganda rwa apple narwo kuti telefone rwagombaga gushyira hanze, hazagabanyukaho miliyoni 20.
Zimwe mu mpamvu zitangazwa ziri gutuma izi nganda zikomeye ku isi zigabanya ibyo zikora benshi bahuriza ku bukungu bw’isi butifashe neza,intambara y’u Burusiya na Ukraine yatumye henshi ku isi ifaranga rita agaciro n’icyorezo cya Coronavirus.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!