Aho, uburyo bushoboka bwonyine ni ugukura amafaranga kuri konti ya banki yawe, ukayashyira kuri Mobile Money ubundi ukayabikuza ukayamuha.
Mbega akavuyo! Uretse gutakaza umwanya, hari ikiguzi kigenda buri uko ukuye amafaranga hamwe uyajyana ahandi. Ariko se muri ibi bihe tugezemo ibi birakwiye?
Bimaze kumenyerwa ko kuri ubu, umuntu ufite amafaranga runaka ashobora kuyoherereza mugenzi we ukoresha undi murongo bigakunda hakoreshejwe ‘eKash’. Ubu buryo buzwi nka ‘P2P’. Ubu buryo tugiye kurebera hamwe bwa ‘P2M’ na bwo buri muri eKash.
‘P2M’ ni nk’ikiraro gihuza umuguzi n’umucuruzi mu buryo bwihuse cyane. Ntabwo bisaba kunyura hirya no hino, gutanga ikiguzi cy’inyongera cyangwa ibindi bibazo.
Mu gihe amafaranga ari kuri konti ya banki yawe, uzajya ubasha kwishyura aho ari ho hose, kabone n’ubwo umuguzi yaba adakoresha iyo banki. No ku mafaranga ari kuri telefone ni ko bigenda.
Uko bikora, uzajya ugura ibicuruzwa mu isoko cyangwa muri butiki, aho kubikuza cyangwa kubanza gushyira amafaranga kuri Mobile Money, ukoreshe eKash wohereza amafaranga y’ubwishyu ku mucuruzi yaba kuri telefoni cyangwa konti y’ikigo cy’imari akorana na cyo.
Mu nama mpuzamahanga y’lhuriro ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu mabanki n’ibigo by’imari rizwi nka Fintech, ‘Inclusive Fintech Forum’, ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo n’abandi bafatanyabikorwa, yabaye ku wa 25 Gashyantare 2025, ikigo cya Rswitch, cyamuritse ubu buryo bushya ku mugaragaro.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko ubu buryo bushya bwubatswe hashingiwe ku musaruro watanzwe n’ubwari busanzwe.
Yavuze ko mu bihe bya vuba hazanashyirwaho uburyo bwo gukora ubwishyu butandukanye inshuro imwe [bulk payments].
Urugero rw’ahakoreshwa ubu buryo, ni nko mu gihe ibigo biba bigiye kwishyura imishahara y’abakozi kuko bikorwa icyarimwe kandi ku bantu benshi.
Hateganywa kandi kongerwamo uburyo bwo kwishyura fagitire zimwe na zimwe na serivisi za Leta zitandukanye.
Person-to-Person interoperability of digital payment systems powered by the Rwanda National Digital Payments System (RNDPS)/eKash is enabling over 300k monthly transactions since 2023.
Now RNDPS 2.0 is live🚀
Here are some of the new digital payments you can now enjoy#IFF2025 pic.twitter.com/GVNJeDNNTV— Ministry of ICT and Innovation | Rwanda (@RwandaICT) February 26, 2025



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!