Ni telefone Tecno na MTN Rwanda byamurikiye i Kigali ku wa 27 Werurwe 2025, ndetse zikaba zizamamazwa n’umuhanzi The Ben.
Zamuritswe binyuze mu bufatanye MTN Rwanda ifitanye na Tecno, aho abazagura izo telefone ari nshya bazajya bahabwa gigabytes 15 za internet buri kwezi mu gihe cy’amezi atatu. Bazahabwa kandi iminota 300 yo guhamagara na SMS 300.
Ikindi MTN Rwanda izajya ifasha abagura izo telefone ni uko abazikeneye badafitiye amikoro bazajya bafashwa kuzishyura mu byiciro; ibizwi nka macye macye.
Umuyobozi ushinzwe ibya telefone zigezweho muri MTN Rwanda, Edwin Vita yavuze ko ubwo bufatanye bugamije gufasha abakiliya b’ibyo bigo byombi kungukira mu kugura izo telefone ari nshyashya.
Yagize ati “Dusanzwe dukorana na Tecno ariko umwihariko kuri Tecno Camon nka telefone nziza Tecno yazanye, twavuze tuti reka tugire icyo twongereraho abakiliya bazazigura.”
Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri Tecno Rwanda, Mucyo Eddy yavuze ko izo telefone nshya zashyizwe ku isoko zifite akarusho ko gukoresha Ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI).
Hamwe mu ho iri koranabunga rikoreshwa ni mu bijyanye na camera. Ushobora kuzifotoresha ifoto haba harimo ibindi bintu udashaka ukayisaba kubikuramo hagasigara ibyo ukeneye mu ifoto.
Ukoresheje internet kandi ushobora kuzisaba kukwandikira inyandiko runaka ukeneye, zikabikora kandi neza.
Tecno Camon 40 Pro yo ifite umwihariko w’uko idashobora kwangizwa n’amazi.
Tecno Camon 40 ni telefone ifite camera ya megapixel umunani, ikagira ububiko bwa gigabytes 256 na RAM ya 8 GB, ishobora kongerwa. Igura 329.000 Frw.
Ni mu gihe Tecno Camon 40 Pro ifite camera ya megapixel 50 bituma ibasha gufotora kure cyane, ikagira ububiko bwa gigabytes 256 na RAM ya 8 GB na yo ishobora kongerwa. Igiciro cyayo ni 359.000 Frw
Izo telefone zombi kandi zifite batiri ibika umuriro amasha gera kuri 32 kandi zimara imyaka itanu batiri zazo zigifite ubwo bushobozi.









TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!