Biteganyijwe ko iyi gahunda y’ishoramari izakorwa mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025, nk’uko Microsoft yabitangaje.
Hafi igice kinini kizashorwa mu mishinga izakorerwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko Umuyobozi wungirije wa Microsoft, Brad Smith, yabigaragaje.
Yagize ati “Uyu munsi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziza imbere mu bijyanye na AI kubera ishoramari ry’abikorera n’udushya tw’abantu bo mu byiciro bitandukanye, kuva ku bigo bigitangira kugeza ku bigo binini.”
Abasesenguzi bo mu Kigo cy’ubushakashatsi cyitwa Visible Alpha, bagaragaje ko ishoramari rya Microsoft mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025 muri ibi bikorwa rishobora kuzagera kuri miliyari 84,24 z’amadolari ya Amerika.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!