00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kizaba ari ikigo cy’icyitegererezo mu Karere: Ibyitezwe ku kigo kizigisha ibirebana n’umutekano w’ikoranabuhanga

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 13 March 2025 saa 08:56
Yasuwe :

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Iradukunda Yves, yagaragaje ko ikigo cyigisha ibirebana n’umutekano w’ikoranabuhanga Cyber Academy kigiye gutangizwa kizaba ari icyitegererezo mu Karere mu gutanga ubwo bumenyi ku bakora mu rwego rw’Ikoranabuhanga.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga Ingabire Paula wari mu Nteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa 13 Werurwe 2025, yashimangiye ko uyu mwaka wa 2025 uzarangira u Rwanda rufite icyo kigo.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko iryo shuri rizafasha mu kuzamura ubumenyi bw’Abanyarwanda mu bijyanye n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu ngeri zinyuranye.

Ati “Ubu tugiye gushyiraho Cyber Academy izajya itanga amasomo y’umutekano mu bijyanye n’ikoranabuhanga, bizaba bigamije ko tugira urubyiruko rufite ubumenyi bwo gukora ibihangano cyangwa rushobora kwirinda kandi bakaba bafasha mu ngamba zose dufite nk’igihugu.”

Yakomeje ati “Icyo kigo uyu mwaka kizaba kiriho, tuzafatanya n’abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo icyo kigo gitanga ayo masomo, gitangire kiyatange aha mu Rwanda.”

Mu Kiganiro n’abanyamakuru Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga, Iradukunda Yves, yasobanuye ko icyo kigo cyizakorera muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Ikoranabuhanga CST, icyahoze ari KIST.

Yavuze ko imirimo yo gutunganya aho kizakorerwa irimbanyije kandi ko biteze ko uyu mwaka wa 2025 uzarangira cyatangiye gutanga amasomo.

Ati “Ni ikigo gishinzwe kuzamura ubumenyi ku bijjyanye n’umutekano mu by’ikoranabuhanga, bazajya bakorana n’abandi kandi dushaka ko kiba ikigo cy’icyitegererezo mu Karere muri ibyo. Bisobanuye ko n’abantu bo hanze bashobora kuhaza mu bijyanye no guhabwa ayo mahugurwa.”

Yasobanuye ko ari ikigo kizaba gitanga amahugurwa ku bakora mu rwego rw’ikoranabuhanga hagamijwe gukarishya ubumenyi no kubwongera mu birebana no gucunga umutekano w’ikoranabuhanga.

Ati “Niba uri banki ufite amakuru y’ingenzi baharanira ko abakozi bawe bahabwa ibyemezo mu gucunga amakuru, no kugenzura ko ibikorwa remezo bikwiye, ndetse no kureba ku ngamba ikigo gifite mu gucunga ububiko bw’amakuru.”

Yagize ati “Ushobora guhabwa amahugurwa y’igihe gito ariko ugahabwa impamyabushobozi aho hazajya hatangwa impamyabumenyi ituba baba ’CISCO Network Administrator’ni ukuvuga ko ubaye warize muri Kaminuza cyangwa ukora muri banki wahabwa ayo mahugurwa arebana n’uwo mwuga.”

Imibare ya Minisiteri y’Ikoranabuhanga yerekana ko kuri ubu abaturage bafite imyaka 10 kuzamura bafite ubumenyi mu ikoranabuhanga bagera kuri 68.5%.

Cyber Academy igiye gutangira mu Rwanda izafungurira amarembo n'abo mu bindi bihugu
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Iradukunda Yves, yasobanuye ibyitezwe kuri Cyber Academy

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .