Apple yari yagejeje ikirego imbere y’urukiko muri Werurwe 2024, ishinja uyu mukozi gushyira hanze amakuru ya politiki n’ibikoresho bitaratangazwa cyangwa ngo bishyirwe ku isoko.
Bivugwa ko Aude yashyikirije aya makuru umwe mu banyamakuru ba The Wall Street Journal, nyuma aza no kuyatangaza.
Ku wa 6 Gashyantare 2025, Urukiko rw’Ikirenga rwa California, rwagaragarijwe ko Aude yagiranye ubwumvikane na Apple, bafata umwanzuro wo guhagarika urubanza.
Nyuma y’akanya gato, Aude yanyujije ubutumwa ku rukuta rwe rwa X yicuza ibyo yakoze, agaragaza ko bizagorana kongera kuba umukozi yari we mbere yo guhemuka.
Yagize ati “Namaze imyaka hafi umunani nkora nka injeniyeri wubaka porogaramu za mudasobwa muri Apple. Muri iyo myaka nahawe ubushobozi bwo kugera ku makuru y’ibanga y’iki kigo ajyanye na porogaramu n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bitarashyirwa hanze,”
“Ariko aho kugira ayo makuru ibanga, nakoze ikosa nyasangiza abanyamakuru nabo bayashyira hanze. Icyo gihe sinumvaga ibyo nkoze, ariko nyuma naje gusanga ari ikosa rikomeye nakoze.”
Aude yavuze ko uretse guhemukira iki kigo, byanagize ingaruka ku isura yari yarubatse mu rwego rw’umurimo.
I spent nearly eight years as a software engineer at Apple. During that time, I was given access to sensitive internal Apple information, including what were then unreleased products and features. But instead of keeping this information secret, I made the mistake of sharing this…
— Andy Aude (@andyaude1) February 6, 2025
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!