00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 30 bazafashwa guhuza imikorere y’ubwonko bwabo na mudasobwa mu 2025

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 14 January 2025 saa 08:13
Yasuwe :

Umunyemari Elon Musk yatangaje ko binyuze muri Sosiyete ye izwi nka ‘Neuralink Corporation’, afite intego yo gufasha abantu bari hagati ya 20 na 30 kubona akuma [chip] kabafasha kugenzura imikorere y’ubwonko bwabo.

Muri Gicurasi 2023, nibwo Neuralink Corporation, yahawe uburenganzira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo gutangira gukora ubushakashatsi bugamije guhuza imikorere y’ubwonko bw’abantu na mudasobwa.

Bimwe mu byo iri koranabuhanga ryari ryitezweho harimo kwifashishwa mu buvuzi ku buryo rishobora gufasha abantu bafite ubumuga butandukanye barimo n’abari bafite uburwayi bwo kutareba neza ku buryo bishoboka kongera kubona.

Musk yakunze kumvikana avuga ko kuba ingingo z’umuntu zidakora bitavuze ko adafite icyo yakora, ariyo mpamvu yatangije ibi bikorwa aho yari agamije ko umuntu yazajya ahabwa aka kuma maze akajya atekereza neza.

Muri Mutarama 2024, umuntu wa mbere nibwo yahawe aka kuma, nyuma y’amezi ane undi nawe aragahabwa, no mu minsi ishize Musk yatangaje ko hari undi wa gatatu wagahawe kandi bose ubu bameze neza.

Magingo aya iki kigo kiri gukora ubushakashatsi bubiri bwemewe na FDA muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, burimo ubugamije gufasha abarwayi batanu bafite pararize gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga nka mudasobwa cyangwa telefoni bidasabye ko babikoraho ahubwo bakoresheje ibitekerezo byabo.

Hari ubundi bwo gufasha abarwayi batatu, gukoresha ibikoresho nyunganizi nk’amaboko y’imashini za robot [robotic arms] bifashishije ubwonko bwabo nyuma yo gushyirwamo ka kuma [chip].

Muri Gicurasi 2023, nibwo Neuralink Corporation, yahawe uburenganzira bwo gutangira gukora ubushakashatsi bugamije guhuza imikorere y’ubwonko bw’abantu na mudasobwa
Binyuze muri Sosiyete ya ‘Neuralink Corporation’ abantu bari hagati ya 20 na 30 bazafashwa kubona akuma [chip] kabafasha kugenzura imikorere y’ubwonko bwabo
Noland Arbaugh ni we munsi wa mbere washyizwemo aka kuma kagenzura imikorere y'ubwonko bwe
Kuri ubu Noland Arbaugh akora ibikorwa bitandukanye abifashijwemo n'ubwonko, nubwo yakoze impanuka y’imodoka mu 2016 afite imyaka 21, bituma ingingo zimwe na zimwe z’umubiri we zihagarara gukora
Musk yakunze kumvikana avuga ko kuba ingingo z’umuntu zidakora bitavuze ko adafite icyo yashobora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .