00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu kwezi kumwe itangiye, abarenga ibihumbi 30 bamaze kwitabira gahunda ya ‘Nanjye ni BK’

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 27 May 2024 saa 08:24
Yasuwe :

Mu kwezi kumwe hatangijwe gahunda ya Banki ya Kigali yiswe ‘Nanjye ni BK’ igamije gufasha n’ab’amikoro make kubona serivisi nziza z’imari hafi yabo, abarenga ibihumbi 30 bamaze kuyitabira, intego ikaba ko mu mezi atandatu ari imbere iyi banki izaba ibarura abagera ku bihumbi 150 bamaze kuyungukiramo.

Nanjye ni BK ni gahunda ikubiyemo ibikorwa bitandukanye BK yageneye ab’amikoro make, bakareka kumva ko iyi banki ari iy’abifite, abafite akazi gusa.

Ibyo bikorwa birimo nko gukuraho amafaranga ya buri kwezi abakiliya ba BK bakatwaga yo gucunga konti bayifitemo, ubu bikaba ari ubuntu.

Hagabanyijwe kandi ikiguzi cyo kuba wakoherereza mugenzi wawe amafaranga uyakuye kuri konti yawe ufite muri BK, mu gihe wifashishije ikoranabuhanga nka telefone, inguzanyo zidasaba inyungu kwizigamira ugahabwa inyungu n’ibindi.

BK yashyizeho kandi serivisi zifasha buri muntu wese mu cyiciro arimo, yaba ari umuhinzi ukora ubuhinzi buciriritse, umunyeshuri, umucuruzi ndetse n’abandi, ku buryo buri wese ahabwa serivisi zijyanye n’ubushobozi afite.

Ibi bijyana no koroherwa no gukorana n’ibigo by’imari, byose bitangiriye ku gufungura konti.

Ubwo yari mu gikorwa cy’Umuganda cyahuriwemo n’abayobozi b’ibigo bitandukanye n’abaturage bo mu Karere ka Kicukiro, Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr Diane Karusisi yavuze ko iyi gahunda imaze kugezwa mu gihugu hose.

Ati “Umusaruro ukomeje kuzamuka mu buryo bushimishije cyane ku buryo nko mu byumweru bine bishize, twamaze kugera ku bantu barenga ibihumbi 30 ndetse dushaka kugera ku Banyarwanda byibuze ibihumbi 150 bitarenze uyu mwaka.”

Muri iyi gahunda ya ‘Nanjye ni BK’, abakozi ba BK bifatanyije n’abaturage mu bikorwa by’Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi 2024, mu turere twose tw’Igihugu. Iyi gahunda kandi inahuzwa na gahunda ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, izwi nka ‘GIRA WIGIRE’, igamije gufasha Abanyarwanda kwivana mu bukene, bakikuramo intekerezo zo kumva bazahora bahabwa kuko “ubufasha butazahoraho”.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude yagaragje ko nubwo u Rwanda rwibohoye, ariko kwibohora bitarangira na cyane ko u Rwanda ubu ruri muri gahunda yo kwibohora ubukene, imibereho mibi n’indi mico isubiza Abanyarwanda inyuma.

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Karusisi Diane na we yitabiriye umuganda wo gutema ibihuru mu Karere ka Kicukiro
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Karusisi Diane (iburyo) yerekana uko gahunda ya 'Nanjye ni BK' yitabirwa
Banki ya Kigali yerekanye ko umuganda ureba buri wese mu guteza imbere igihugu
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Karusisi Diane yerekanye ko mu byumweru bine gahunda ya 'Nanjye ni BK' itangijwe, abarenga ibihumbi 30 bamaze kuyitabira
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yibukije abaturage ko batagomba gukoresha amafaranga baruhiye biyahuza inzoga, ibiyobyabwenge n'ibindi byangiriza ubuzima, ahubwo akwiriye kugana ibigo by'imari, ayo mafaranga akabyazwa inyungu
Abaturage bo mu Karere ka Kicukiro berekanye ko ibyo bazabona byose bidakwiriye bazabivuga, biyemeza ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho ntawe uzahirahira abisenya bareba
Uretse kugira uruhare mu muganda bahuriyemo n'abaturage, abakozi ba Banki ya Kigali banagaragaje ibyiza biri muri gahunda ya 'Nanjye ni BK' iyi banki yatangije
Abaturage bo mu Karere ka Kicukiro ubwo bari basoje umuganda, berekeza ahagombaga kubera ibiganiro biganisha ku guteza imbere igihugu
Uyu yahisemo guhera hagati kugira ngo abone uko abicogoza neza
Byasabaga ingufu kuko ibihuru byari byarakuze cyane
Abakozi ba Banki ya Kigali na bo bakoze umuganda buri wese uko ashoboye
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu na we yifatanyije n'abaturage ba Kicukiro mu Muganda rusange
Abakozi ba Banki ya Kigali ubwo bari biteguye gutangira umuganda wabereye i Gahanga ukitabirwa n'ibigo bitandukanye
Nta n'usigaye abakozi ba Banki ya Kigali bagaragaje uruhare rwabo mu muganda wabereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .