00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri ‘IKAMBA’, inzu y’imideli yatangijwe n’Abanyarwandakazi bahuriye muri kaminuza (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 Werurwe 2023 saa 12:33
Yasuwe :

Uruganda rw’imideli ni rumwe mu zikomeje gutanga akazi kenshi ku rubyiruko rw’u Rwanda ndetse no gufasha abatuye igihugu kubona ibyo bambara kandi bigezweho.

Mu 2016 ni bwo Leta y’u Rwanda yaciye caguwa, ica amarenga yo guharurira inzira gahunda ya Made in Rwanda yashyiriweho kugabanya ingano y’ibicuruzwa bitumizwa mu mahanga.

Ni icyemezo kitahise cyumvikana cyane ko hari benshi bari batunzwe n’ubwo bucuruzi, ari bwo imiryango yabo irangamiye mu mibereho yayo ya buri munsi.

Ku ruhande rumwe ibyo benshi bafataga nk’ikibazo kigiye kuvuka byahindutse amahirwe ku Banyarwanda cyane cyane urubyiruko batangira kwihangira imyambaro itandukanye no gushinga inzu z’imideli.

Ibi nibyo byabaye inkingi ku bana b’abakobwa bishyize hamwe mu guhanga inzu y’imideli y’imyenda ikorerwa mu Rwanda bise ‘IKAMBA’.

IKAMBA yashinzwe mu 2020 ifite intego yo gukora imyenda Abanyarwanda bashobora kugura itabahenze cyane kandi ijyanye n’ibyo bakunda. Ni imyenda ishobora kwambarwa n’abagabo ndetse n’abagore.

Kayiganwa Mugabo Kessy uri mu batangije IKAMBA avuga ko inzozi zo gushinga iyi nzu y’imideli bazitangiye biga muri kaminuza.

Ati “Twatangiye turi abanyeshuri batatu biga muri African Leadership University, twese twiga ibijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga ariko ugasanga dusangiye ibijyanye no gukunda imyenda n’imideli. Nyuma twatangiye kuganira kuri made in Rwanda cyane cyane tureba uburyo dushobora gukora imyenda idahenze cyane ariko na none ifite ubwiza.”

Nubwo bahuye n’imbogamizi zitandukanye nko kubura ibikoresho by’ibanze byo gukoresha cyangwa se babibona bikaba bihenze, Kayiganwa ashimangira ko bakomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo ibyo bakora birusheho kwaguka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .