00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Maroc: Ambasade y’u Rwanda yamurikiye ibindi bihugu intambwe rwateye mu kwimakaza uburinganire

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 16 Werurwe 2023 saa 01:17
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Zaina Nyiramatama yahuje ba Ambasaderi b’abagore bahagarariye ibihugu byabo muri Maroc mu biganiro ku buringanire n’iterambere ry’umugore mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’umugore, ku wa 14 Werurwe 2023.

Icyo Kiganiro cyabereye mu nyubako izwi nka Palais de Congrès iherereye mu murwa mukuru wa Maroc, Rabat, cyitabiriwe na ba Ambasaderi b’ababagore muri Maroc barimo uwa Vietnam, Canada, u Bubiligi, Roumanie, Mexique, Israel, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Jordanie, Gambie, Guinee Bissau, Croatia, Suriname na Kazakhstan.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Amb. Zaina Nyiramatama yahaye ikaze ba Ambasaderi bari bitabiriye icyo kiganiro ndetse anabasangiza urugendo rw’u Rwanda mu kubahiriza ihame ry’uburinganire no guteza imbere uburenganzira bw’abagore mu Rwanda.

Amb. Nyiramatama yavuze ko ibyagezweho mu guteza imbere uburinganire u Rwanda rubikesha ubuyobozi bwiza budaheza burangajwe imbere na Paul Kagame, Perezida wa Republika y’u Rwanda, wahaye agaciro umugore bikaba byaragize ingaruka nziza ku mibereho myiza y’umugore n’umwana w’umukobwa by’umwihariko ndetse n’abanyarwanda muri rusange.

Ibi ngo byatanze umusanzu ku iterambere ry’igihugu aho binagaragazwa n’izamuka ry’icyizere cyo kubaho ku munyarwanda.

Ku burezi bw’umwana w’umukobwa, Ambasaderi Nyiramatama yagarutse ku ruhare rwa Madamu wa Perezida wa Republika, Jeannette Kagame binyuze mu muryango yashinze, Imbuto Foundation aho ifite gahunda yo guhemba abana b’abakobwa batsinze kurusha abandi bityo bikabashishikariza kugana ishuri no gutsinda neza nka basaza babo, bakaba indashyikirwa ndetse no kwiga amasomo y’ubumenyi, ikoranabuhanga n’imibare.

Abafashe ijambo bose bashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guharanira iterambere ry’umugore baboneraho na bo kugaragaza aho ibihugu byabo bigeze mu kwimakaza uburenganzira bw’abagore.

Ambasade y’u Rwanda muri Maroc ifite icyicaro mu Murwa Mukuru Rabat, yafunguwe ku mugaragaro tariki ya 15 Mutarama 2020 ikaba inareberera inyungu z’u Rwanda mu bihugu bya Tunisie, Mauritania na Guinea.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .