00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Canada bizihije Umunsi w’Intwari

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 20 February 2024 saa 05:33
Yasuwe :

Abanyarwanda n’inshuti zabo batereniye mu Mujyi wa Hamilton mu Ntara ya Ontario muri Canada mu muhango wo kwizihiza umunsi w’Intwari z’u Rwanda.

Ni umuhango wateguwe n’umuryango n’Abanyarwanda baba muri Canada ufatanyije na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu.

Kosita Musabye uyobora Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Mujyi wa Hamilton yashimiye ubwitabire bwa bagenzi be baturutse mu mijyi inyuranye ya Canada ndetse no mu nkengero zaho.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada, Higiro Prosper yavuze ko yiseguye ku kuba atarashoboye kwizihiza umunsi w’Intwari ku itariki ya 1 Gashyantare nk’uko bisanzwe kubera gahunda zahuriranye zirimo na Rwanda Day 2024 yabereye i Washington DC muri Amerika ikanitabirwa n’Abanyarwanda baba muri Canada.

Yakomeje avuga ko kwizihiza Intwari z’Igihugu ku Banyarwanda bivuze kuzirikana akamaro zagiriye Igihugu no gushsishikariza cyane cyane urubyiruko kujya bazigiraho zikababera urugero rwiza n’icyitegererezo.

Yagarutse kandi ku mateka n’ubutwari bw’Abanyarwanda ndetse akangurira abari bateraniye aho kurangwa n’ubutwari n’indangagaciro nyarwanda.

Yibukije urubyiruko rutuye mu mahanga kubungabunga indangagaciro z’Abanyarwanda, gushyira imbere ibiranga Intwari, bakagaragaza ubutwari mu byo bakora no mu myitwarire yabo, bagashyigikira gahunda zo guteza imbere u Rwanda n’abarutuye bijyanye n’Icyerekezo 2050.

Amb. Higiro yasoje abakangurira kuzirikana gahunda zikomeye u Rwanda ruteganya muri uyu mwaka zirimo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, Kwibohora30 ndetse n’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’abagize Inteko ishinga Amategeko azaba muri Nyakanga 2024.

Uwo munsi wanabaye uwo kungurana ibitekerezo muri rusange ndetse no gusabana mu gitaramo cyari cyateguwe n’Itorero Imanzi ry’Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Hamilton.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .