00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya: Abanyarwanda n’inshuti zabo bizihije umunsi mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 31

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 July 2025 saa 08:51
Yasuwe :

Ku wa Gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2024, Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya yizihije ku nshuro ya 31 umunsi mukuru wo Kwibohora mu birori byahurije hamwe abarenga 300, bagizwe n’Abanyarwanda baba mu Burusiya, abayobozi mu nzego za Leta y’iki gihugu, abahagarariye ibihugu byabo, n’inshuti z’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Maj Gen Nzabamwita Joseph, yashimiye ingabo za RPA zabohoje igihugu anunamira abatanze ubuzima bwabo.

Yashimiye kandi uruhare rw’abagabo n’abagore mu gisirikare n’igipolisi, bamaze imyaka irenga 31 baharanira amahoro n’umutekano mu gihugu cy’u Rwanda, no mu bice bitandukanye biherereye kuri uyu mugabane wacu w’Afurika.

Ambasaderi Nzabamwita kandi yavuze ko ibirori byo Kwibohora ari umwanya wo gutekereza urugendo u Rwanda rwanyuzemo muri iyi myaka 31 ishize, aho rwageze ku ntera ishimishije mu rwego rw’imibereho myiza n’ubukungu, rubikesheje amahitamo meza, gahunda nziza, na politiki iboneye.

Yanakomoje ku ruhare rw’ubuyobozi bw’igihugu mu guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda, aho igipimo cy’ubukene cyavuye kuri 39% kikagera kuri 27% mu myaka irindwi ishize, aho abantu bangana na miliyoni n’igice bavuye mu bukene. Yavuze ko mu 2024 ubukungu bwazamutseho 8.9%, bituma habaho uburyo bwo guhanga imirimo mishya, urubyiruko rubasha kubona imirimo, no kurwanya ubukene.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya kandi yishimiye umubano uri hagati y’u Rwanda n’u Burusiya kandi ashimangira ko u Rwanda rutazatezuka mu gushaka icyakomeza kuwuteza imbere, mu nyungu z’ibihugu byombi.

Umuyobozi wungirije w’Ishami rya Afrika muri Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya, akaba yari n’Umushyitsi mukuru, Georgiy Yurievich Chepik, yavuze ko u Rwanda rwateye intambwe ishimishije nyuma y’amateka ababaje rwanyuzemo, rubasha kunga Abanyarwanda, kandi rugarura amahoro n’umutekano mu gihe gito, rwabashije kandi gutera intambwe ishimishije mu bukungu n’imibereho myiza, bituma u Rwanda ubu ruri mu nzira yo kugera ku majyambere ahamye.

Chepik kandi yashimangiye ko u Burusiya butahwemye gushyigikira Abanyarwanda mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’igihugu cyabo. Yishimiye ubufatanye buri hagati y’ibihugu byombi mu nzego za politiki, ubucurizi n’ubukungu.

Yavuze ko igihugu cye kishimira uburyo abayobozi b’u Rwanda bitabiriye Inama ya mbere yahuje abaministiri b’ububanyi n’amahanga ba Afrika n’u Burusiya mu Gushyingo 2024. Yishimiye ko muri iyo nama ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi bashyize umukono ku masezerano yo gukuraho visa ku Banyarwanda bafite pasiporo z’abadipolomate n’iz’akazi; ayo masezerano yatangiye gushyirwa mu bikorwa guhera mu kwezi kwa Gashyantare 2025.

Chepik yavuze ko adashidikanya ko ubushuti bw’ibihugu byombi buzakomeza gutera imbere mu nyungu z’abaturage b’ibihugu byombi, no mu kugira ngo habe amahoro arambye ku mugabane w’Afrika.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Maj Gen Nzabamwita Joseph, yashimiye ingabo za RPA zabohoje igihugu anunamira abatanze ubuzima bwabo
Abitabiriye ibi birori basusurukijwe n'itorero ribyina imbyino nyarwanda
Ibi birori byitabiriwe n'abarenga 300

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .