00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tchad: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga abwirwa ko ibibera muri RDC atari ibyo kurebera

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 1 June 2025 saa 03:11
Yasuwe :

Nkurikiyingoma François uhagarariye Ambasade y’u Rwanda muri Tchad, ifite icyicaro muri Nigeria yibukije Umuryango Mpuzamahanga ko ibikorwa byo kubiba urwango bikomeje kubera muri RDC atari ibyo kurebera kuko bidatandukanye n’ibyabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ibyo byavugiwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyabereye muri Tchad.

Ni igikorwa cyabereye kuri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Tchad, cyitabirwa n’Abanyarwanda n’inshuti zabo baba muri Tchad, abahagarariye Leta ya Tchad, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga muri icyo gihugu ndetse n’inshuti z’u Rwanda.

Nkurikiyingona François yavuze ko ibibazo byo guhembera urwango bikomeje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) atari ikintu cyo gukerensa kuko bamwe mu babikora ari abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Ati “Abakoze Jenoside bahungiye muri RDC mu 1994 bakomeje kubiba urwango, cyane cyane bagamije kwibasira Abatutsi b’Abanye-Congo. Uyu munsi harumvikana amagambo y’urwango, imvugo zibasira kandi zambura abantu ubumuntu, ndetse n’impuruza zihamagarira ubwicanyi. Ibyo bisa n’ibyatangiye kumvikana mbere ya 1994 mu Rwanda.”

Nkurikiyingona yavuze ko icyo ari ikimenyetso mpuruza gikwiye gutuma Umuryango Mpuzamahanga uhagurukira icyo kibazo kuko ingaruka zacyo zitagera ku Rwanda gusa.

Ati “Ntabwo uyu munsi Isi yakomeza kwirengagiza amagambo y’urwango akomeza kubibwa kuko ingaruka zayo ari mbi cyane. Iki si ikibazo cy’u Rwanda gusa ni ikibazo gihangayikishije Isi muri rusange, kandi gikeneye gukemurwa vuba mu bufatanye ku rwego mpuzamahanga.”

Muri icyo gikorwa Tchad yari ihagarariwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ibrahim Adam Mahamat wavuze ko icyo gihugu cyifatanyije n’u Rwanda.

Ati “Leta n’abaturage ba Tchad bifatanyije n’u Rwanda n’Abanyarwanda muri ibi bihe bitoroshye. Twunamiye inzirakarengane zavukijwe ubuzima. Turakomeza kandi abasigaranye inkovu batewe n’amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yakomeje avuga ko “Inkiko Gacaca zagize uruhare rukomeye mu komora ibikomere no kongera gusana umuryango nyarwanda wari warasenyutse. U Rwanda ni isomo ry’icyizere n’ubutwari ku Isi yose. Ni Igihugu cyize kubabarira ariko nticyibagirwa ibyabaye.”

Kalinda Viateur uyobora Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Tchad, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye ku bw’impanuka, ahubwo ari umugambi wateguwe igihe habibwa amacakubiri kandi ushyigikiwe na Leta, ariko ashima ubutwari bw’abayirokotse.

Ati “Imvugo ya ntibizongere ukundi ntigomba kuba interuro isanzwe ahubwo ni umuhigo dukwiye twese guhigura. Nubwo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi banyuze mu bubabare budasanzwe, bahisemo kubaho, kubabarira, no kongera kubaka Igihugu cyunze ubumwe.”

Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni muri Tchad, Dr Batalingaya François Xavier yashimangiye akamaro ko kwibuka ndetse avuga ko amahoro atizana, ahubwo yubakwa kandi agasigasirwa binyuze mu kuri, ubutabera no guha agaciro buri muntu.

Bakoze n'urugendo rwo kwibuka
Bafashe umunota wo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni muri Tchad, Dr. Batalingaya François Xavier yashimangiye akamaro ko kwibuka
Iki gikorwa cyo kwibuka cyabereye muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Tchad
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ibrahim Adam Mahamat yavuze ko icyo gihugu cyifatanyije n’u Rwanda kandi akishimira uburyo rutaheranwe n’amateka mabi
Iki gikorwa cyitabiriwe n'ab'ingeri zinyuranye muri Tchad

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .