00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere Ambasade y’u Rwanda muri Luxembourg igiye kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 4 July 2025 saa 01:29
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye muri Luxembourg no mu nkengero zaho n’inshuti zabo bagiye guhurira mu birori byo kwizihiza Umunsi Mukuru wo Kwibohora wizihijwe ku nshuro ya 31.

Ni ubwa mbere iyi Ambasade igiye guhuriza hamwe Abanyarwanda mu kwizihiza Umunsi wo Kwibohora kuko yafunguwe ku mugaragaro muri Gicurasi 2025.

Ni umunsi mukuru uteganyijwe kwizihizwa ku tariki 4 Nyakanga 2025, guhera saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba ku masaha yo muri Luxembourg ubere ahitwa Confiserie Namur, mu Mujyi wa Hamm muri icyo gihugu.

Biteganyijwe ko iki gikorwa cyitabirwa n’umuhanzi Lionel Sentore umunyerewe mu ndirimbo gakondo.

Mu kiganiro kigufi na IGIHE, Sentore yavuze ko yishimiye kuba agiye gutaramira muri Luxembourg ku nshuro ya mbere by’umwihariko ku Munsi wa Kwibohora wizihijwe ku nshuro ya 31.

Yagize ati “Uyu munsi turawiteguye cyane kandi ntekereza ko haza kuba hari abantu benshi tugahimbarwa. Ni ubwa mbere mbashije kuza gutaramira muri Luxembourg by’umwihariko ku munsi wo Kwibohora31. Ni iby’agaciro kuri njyewe kuko ni ubwa mbere hatumiwe umuhanzi [w’Umunyarwanda].” Muri iki gikorwa cyateguwe n’Ambasade nshya yacu muri iki Gihugu.

Sentore yongeyeho ko haba ku ruhande rwe nk’umuhanzi n’abo bafatanya biteguye kuririmba indirimbo gakondo zikundisha Abanyarwanda Igihugu ku buryo abitabira ibi birori babyishimira.

Ambasade y’u Rwanda muri Luxembourg ni yo ruheruka gufungura mu Burayi ikaba yarafunguwe nyuma y’iyo icyo gihugu cyafunguye i Kigali mu mu mpera za 2024.

Lionel Sentore ni we muhanzi watumiwe muri ibi birori
Itorero ryo muri Luxembourg na ryo rifasha mu gususurutsa ibirori
Ambasade y’u Rwanda muri Luxembourg yafunguwe mu 2025

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .