00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi Hategeka yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Namibia

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 1 February 2025 saa 08:55
Yasuwe :

Perezida wa Namibia, Dr. Nangolo Mbumba, yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Emmanuel Hategeka guhagararira u Rwanda muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Amajyepfo, ariko afite icyicaro i Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Ni impapuro Perezida Mbumba yakiriye ku wa 31 Mutarama 2025, umuhango ubera mu Murwa Mukuru wa Namibia, Windhoek.

Perezida Mbumba yakiriye intashyo za mugenzi we Perezida Paul Kagame n’ibyifuzo by’u Rwanda byo guteza imbere umubano w’ibihugu byombi no gufatanya mu iterambere ry’inzego zitandukanye hashingiwe ku nyungu z’impande zombi.

Amb Hategeka yiyemeje gukomeza umubano usanzweho hagati y’ibihugu byombi no gukomeza gufatanya mu nzego zitandukanye.

Zirimo ubukerarugendo, uburezi no guteza imbere ikoranabuhanga, ubuhinzi n’ubworozi, ubufatanye mu bya tekiniki no guteza imbere izindi nzego hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye yasinywe mu 2023.

Amb Hategeka kandi yashimiye ubuyobozi bwa Namibia ku bw’igikorwa cy’amatora ya perezida aheruka kuba mu Ugushyingo 2024, yarangiye Dr. Netumbo Ndemupelila Nandi-Ndaitwah atorewe kuyobora Namibia, bikaba biteganyijwe ko azarahira muri Werurwe 2025.

Perezida Mbumba yatangaje ko yakiriye neza intashyo za Perezida Kagame amwifuriza ishya n’ihirwe.

Uyu muyobozi yagaragaje ko Perezida Kagame n’uwahoze ari Perezida wa Namibia, Hage Geingob, witabye Imana muri Gashyantare 2024 azize uburwayi, bari basanzwe ari inshuti zikomeye, ubucuti bwabo bugakomereza no ku baturage b’ibihugu byombi.

Perezida Mbumba yashimangiye ko ubufatanye mu nzego nk’ubukerugendo, ubucuruzi, uburezi, kubungabunga amahoro n’umutekano, hagati y’ibihugu byombi bigomba gutezwa imbere haba hagati y’ibihugu mbombi no muri Afurika.

Yagaragje ko u Rwanda na Namibia bihuriye ku bintu bitandukanye cyane cyane ku kuba ibihugu birangwa n’isuku, agaragaza ko uwo muco ugomba gukoraho.

Ubwo yari i Windhoek, Amb Hategeka yaganiriye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Namibia, Dr Peya Mushelenga na bwo baganira ku guteza imbere umubano w’ibihugu byombi mu nzego zinyuranye.

Yaganiriye kandi n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rwa Namibia gishinzwe ishoramari n’Iterambere, ku ngingo zijyanye no guteza imbere ubukungu, ubucuruzi, ishoramari, ubukerarugendo n’ibindi, ndetse bemeranya ko mu minsi iri imbere hazakorwa ingendoshuri zijyanye n’ubucuruzi.

U Rwanda na Namibia ni ibihugu bifitanye umubano ukomeye cyane ko Perezida Kagame amaze kugirira ingendo zitandukanye muri icyo gihugu.

Uretse kuba ibihugu byombi bihuriye mu miryango irimo Commonwealth, bikorana mu nzego zirimo iz’umutekano aho Polisi y’u Rwanda n’iya Namibia zifitanye amasezerano y’imikoranire ndetse muri Gashyantare 2024, mu izina rya Perezida Paul Kagame, Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yagiye gushyingura Dr. Hage Geingob wayoboraga Namibia.

Amb Emmanuel Hategeka (wa kabiri uhereye ibumoso) yakiriwe n'ubuyobozi bwa Namibia, ahamya ko azateza imbere umubano w'ibihugu byombi
Perezida wa Namibia, Dr Nangolo Mbumba yakiriye impapuro za Amb Emmanuel Hategeka zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu
Amb Emmanuel Hategeka (wa gatatu uhereye ibumoso) yakiriwe i Windhoek ubwo yari ajyanye impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Namibia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .