00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda batuye muri Guinée bizihije Umunsi w’Intwari, banakora Umuganda rusange

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 9 February 2025 saa 11:41
Yasuwe :

Buri mwaka tariki ya 1 Gashyantare, u Rwanda rwizihiza Umunsi w’Intwari z’igihugu ziri mu byiciro by’Imena, Imanzi n’Ingenzi. Ni umunsi unanizihizwa n’Abanyarwanda baba mu mahanga.

Ni muri urwo rwego Abanyarwanda batuye muri Guinée, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, inshuti z’u Rwanda ndetse n’ubuyobozi bw’umujyi wa Conakry, bizihije Umunsi w’Intwari z’u Rwanda, ku wa Gatandatu tariki 8 Gashyantare 2025.

Kwizihiza umunsi w’intwari muri Guinée, byatangijwe n’igikorwa cy’Umuganda rusange wabereye mudugudu Ambassade ikoreramo. Ni igikorwa cyari cyiyobowe na Ambasaderi Michel Minega Sebera, witabirwa n’Abanyarwanda bahatuye hamwe n’abaturanyi babo, ndetse n’ubuyobozi bw’umujyi wa Conakry.

Nyuma y’umuganda habaye ibrori byo kwizihiza Umunsi w’Intwari ku cyicaro cya Ambassade y’u Rwanda i Conakry, hanatangwa n’ikiganiro ku butwari bw’Abanyarwanda, cyatanzwe na Théogene Ntakirutimana, uhagarariye Abanyarwanda batuye muri Guinée.

Yashimiye ubuyobozi bwa Conakry bwifatanije n’Abanyarwanda mu gikorwa cy’Umuganda, yibutsa abitabiriye gukomeza gusigasira umuco w’ubutwari bwaranze intwari z’u Rwanda, bakomeza gushyigikira indangagaciro z’ubutwari aho Abanyarwanda bari hose.

Mbere y'iki gikorwa Abanyarwanda n'abandi bari bifatanyije na bo babanje gukora igikorwa cy'Umuganda rusange
Abarimo Ambasaderi w'Ubwami bwa Maroc muri Guinée (wa gatatu ibumoso), Meya wa Komini Ratoma, aho Ambasade y'u Rwanda iherereye (wa kane ibumoso) bifatanyije n'Abanyarwanda mu gikorwa cy'Umuganda
Ambasaderi Minega Sebera (wambaye umweru) yavuze ko bishimiye iki gikorwa

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .