Buri tariki ya 1 Gashyantare mu Rwanda hizihizwa Umunsi w’Intwari z’igihugu ziri mu by’iciro by’Imena, Imanzi n’Ingenzi. Ni umunsi unanizihizwa n’Abanyarwanda baba mu mahanga.
Abo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika Umunsi w’Intwari nabo bawizihije ku wa 1 Gashyantare 2025. Ni umuhango witabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu muri Amerika, Mukantabana Mathilde.
Uyu muhango wabaye umwanya wo kugaruka ku mateka n’agaciro k’Ubutwari, hibandwa ku masomo Abanyarwanda bashobora gukura ku Ntwari zaharaniye icyiza, mu rugendo rwo gukomeza kubaka u Rwanda rurimo icyizere n’iterambere.
Ubutumwa bwatangiwe muri uyu muhango ni kwibutsa abari bawitabiriye ko gukomeza gusigasira umurage w’Intwari z’u Rwanda ari inshingano za buri Munyarwanda wese.
Abitabiriye uyu muhango basabwe gukomeza gushyigikira indangagaciro z’Ubutwari, kugira ngo umuco wo guharanira icyiza ukomeze kuba umurage uhererekanywa mu Rwanda n’ahandi hose Abanyarwanda bari.
Today, the Rwandan community in the DMV in partnership with @rwandainusa hosted Heroes Day celebration. The event served as a moment of reflection on the history & significance of heroism, underscoring the importance of drawing lessons from heroes of #Rwanda to uphold what is… pic.twitter.com/OmmxUYuIeD
— Rwanda in USA (@RwandaInUSA) February 2, 2025


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!