Yabitangaje ku wa 5 Nyakanga 2025 mu gikorwa cya Rwanda Convention 2025 cyabere i Dallas muri Leta ya Texas.
Abanyarwanda baba muri Amerika ni benshi kuko hari imiryango (Rwandan Community) 31 ihuriza hamwe ababa muri Leta 22 zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mbangukira yavuze ko bagira uruhare mu kubaka igihugu cyabo, kuko nk’urugero mu minsi ishize batanze umusanzu muri gahunda ya ‘Dusangire Lunch’ yatangijwe na Minisiteri y’Uburezi.
Yahamije ko mu 2026 muri Kanama Abanyarwanda baba muri Amerika bazasura u Rwanda.
Ati “Kuva ku wa 6-9 Kanama 2026, Abanyarwanda twese twitegura hakiri kare, nituva hano mukwiye kuba muzi ko mu mwaka utaha tuzahurira i Kigali. Buri wese wabikomeye amashyi abwire abandi bantu batanu mu nshuti ze. Muzaze tujye mu Rwanda mu 2026 nyuma y’Igikombe cy’Isi. Ntimuzagisibe ariko nikirangira tuzahurire i Kigali.”
Abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda bagira uruhare muri gahunda nyinshi zizamura ubukungu bw’igihugu zirimo kubaka inzu, ishoramari mu ngeri zitandukanye ndetse boherereza abo mu miryango n’inshuti zabo amafaranga bakoresha ibikorwa binyuranye.
Mu 2024 Abanyarwanda baba mu mahanga bohereje mu Rwanda arenga miliyoni 502$. Ababa muri Amerika bonyine bohereje i Kigali miliyoni 233 z’Amadolari icyo gihe.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!