00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba mu Buholandi bahuriye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 11 April 2025 saa 05:06
Yasuwe :

Abanyarwanda baba mu Buholandi, inshuti z’u Rwanda, aba-diplomate ndetse n’abayobozi mu nzego za Leta y’u Buholandi, bahuriye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu muhango wabereye mu mujyi wa Amsterdam.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 7 Mata 2025, cyabimburiwe no gushyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri muri Beatrix Park, nyuma hakurikiraho igikorwa cyo Kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hatangwa ubutumwa butandukanye burimo ihumure ku barokotse Jenoside n’umuhate wo gukomeza guhangana n’ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Chargé d’Affaires a.i. muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi, Jean Hugues Mukama, yashimye abifatanyije n’Abanyarwanda mu gikorwa cyo Kwibuka31, agaragaza ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi atari ugusubira mu byabaye gusa, ahubwo ari no “gukomeza urugendo rwo kubaka ubumwe, ubutabera n’ubuzima bushya bw’igihugu.”

Mu ijambo rye, Mukama, yavuze ko Jenoside itatunguranye ahubwo ko yateguwe igamije kurimbura burundu Abatusi. Yatanze urugero rw’ukuntu Abatutsi bagereranywaga n’inzoka cyangwa Inyenzi, ibintu byabaye intangiriro y’iyicarubozo bakorewe ryagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yibukije ko Jenoside yari yaracengejwe mu Banyarwanda mu gihe kirekire, binyuze mu mashuri, amadini, n’ubutegetsi bwakurikiranye mbere ya 1994.

Mukama yanavuze k’uruhare rw’u Buholandi mu gufasha u Rwanda mu nzego z’ubutabera, haba mu bikoresho, mu bushobozi bw’abakozi, no mu manza “z’abakekwa ko basize bakoze Jenoside” baba mu Buholandi.

Yagize ati “Turashimira Leta y’u Buholandi ku nkunga idahwema guha u Rwanda mu butabera, by’umwihariko mu bijyanye no guta muri yombi, kohereza cyangwa gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside bari ku butaka bw’u Buholandi.”

Yasabye ibihugu byose birimo n’u Buholandi gufatanya n’u Rwanda mu gukomeza kugaragaza aho abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bahungiye no kubashyikiriza ubutabera, ati “Nta gihugu cyemera ubutabera gikwiye kuba indiri y’abakoze Jenoside.

Mukama yagarutse ku buryo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi igikomeje gukwirakwira, by’umwihariko binyuze ku mbuga nkoranyambaga no mu mashyirahamwe afite imikoranire n’imitwe yasize ikoze Jenoside, asaba ko bahuriza imbaraga hamwe kugira ngo babirwanye.

Yagaragaje kandi ko mu karere, by’umwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari ibimenyetso bifatika by’uko ingengabitekerezo ya Jenoside igikomeje, ndetse iherekezwa n’urwango rushingiye ku moko n’ubwicanyi bwibasira Abatutsi muri Congo, bikorwa n’imitwe nka FDLR hamwe n’abayifasha.

Chargé d’Affaires a.i. muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi, Jean Hugues Mukama, yashimye abifatanyije n’Abanyarwanda mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi
Umunyamabanga Mukuru wa Minisiteri y'Ubutabera n'Umutekano, Madam Anneke Van Dijk, yari yifatanyaje n'Abanyarwanda muri iki gikorwa cyo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi
Meya wungirije wa Amsterdam, Madam Touria Meliani, yifatanyije n'Abanyarwanda mu gikorwa cyo Kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Joseph Rutazihana, uyobora IBUKA-NL, na we yari muri iki gikorwa cyo kwibuka abishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Andi mafoto yaranze iki gikorwa

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .