Yowasi waburanye yemera icyaha, yahawe amahirwe yo gutanga miliyoni umunani z’Amashilingi ya Uganda asimbura icyo gifungo, gusa ntibiramenyekana niba azazitanga.
Umushinjacyaha w’Ikigo gishinzwe kurengera inyamaswa zo mu gasozi, Uganda Wildlife Authority, UWA, Ngene Reuben yagaragaje ko ibyo Yowasi yakoze byangije ndetse bitesha agaciro imbaraga Uganda ishyira mu kubungabunga izo nyamaswa, ibinagira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’icyo gihugu.
Uyu mushinjacyaha yavuze ko inyamaswa Yowasi yishe yari umuhigo w’izindi nyamaswa, bisobanuye ko nyamaswa zikurura ba mukerarugendo muri rusange zishobora guhungabana mu gihe ibyo bikorwa bikomeje, agasabira Yowasi igihano gikomeye kugira ngo bibere n’abandi urugero.
Nubwo Yowasi yasabye kugabanyirizwa igihano, Umucamanza witwa Ojok Betty yavuze ko muri Uganda hakenewe gushyira imbaraga nyinshi mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, bityo ko ibyaha nk’icya Yowasi bidakwiriye kwihanganirwa.
Yowasi wafashwe n’Ingabo za Uganda ku wa 26 Kamena 2024 mu mugududu wa gace ka Kitswamba mu Karere ka Kasese, bigizwemo n’uruhare rw’abaturage.
Yafatanywe amahembe y’imbogo abiri, ibinono byayo bibiri, ibilo bitatu by’inyama z’iyo nyamaswa, ibilo bibiri by’indi nyamaswa n’icumu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!