00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwari umutindi yataye umunani wa miliyoni 60 Frw yari yahawe kubera ubusinzi bw’ijoro rimwe

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 26 December 2024 saa 12:48
Yasuwe :

Umugabo w’imyaka 50 wo mu Budage, utagira aho aba, wari umutindi nyakujya yashenguwe n’agahinda nyuma yo guhabwa umunani w’ibihumbi 42 by’Ama-euro (arenga miliyoni 60,9 Frw), akajya kwishima mu kabari yasinda akayata.

Agihabwa uwo munani yahise aguramo igare rikoresha amashanyarazi hanyuma aritwara agiye gufata kamwe mu kabari gaherereye mu bice bya Bavaria.

Imbaraga z’agasembuye zamaze kumugeramo, si ukwishima arasizora, icyakora ibyari umunezero, bihinduka amarira ya mafaranga arayata.

Polisi yo muri icyo gice ni yo yamurandase imujyana ahabarizwa abantu batagira iwabo, undi ntiyamenya uko yageze aho kuko yari mu by’ishimo by’agasembuye.

Ayo mafaranga yari mu gikapu yasize kuri Sitasiyo ya Gari ya Moshi y’i Bavalia.

Ku bw’amahirwe nubwo ayo mafaramga yamaze ijoro ryose aho hantu nta muntu wigeze ayakoraho.

Umugenzi yageze kuri iyo sitasiyo ahasanga igare ry’amashanyarazi, telefone, akavarisi gato, n’igikapu cyarimo ayo mafaranga, ahita ahamagaza polisi.

Polisi ikimenya ayo makuru yafunze aho hantu, hanyuma isaka cya gikapu isangamo ibihumbi 42 by’Amayero nta muntu wakuyeho inoti n’imwe.

Ikibimenya yibutse umugabo yigeze gutwara yasinze mu ijoro ryabanje, ikamujyana ahabarizwa abatagira aho baba.

Yahise ijya kumushaka imushyikiriza amafaranga ye, umugabo agaragaza ko uwo munani we yawutaye nyuma y’ibyishimo birenze yagize nk’umuntu wari ubonye ayo mafaranga angana atyo kandi yari ntaho nikora.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .