Amakuru dukesha BBC avuga ko uyu musore yatanze aya mafaranga ubwo yarihiriraga uyu mukobwa wigaga muri Kaminuza ibijyanye n’amategeko. Gusa ngo nyuma yaje kumwihakana aramwanga mu gihe bari baremeranyije ko bazabana.
Nyuma yo kubona ibimubayeho, Richard Tumwine yahise agana inkiko kugira ngo arenganurwe.
Umucamanza Asanasio Mukobi mu guca urubanza yavuze ko kuba uyu mukobwa yarahagaritse urukundo yari afitanye n’uyu musore nyuma y’imyaka ine, yarenze ku byo yemereye Tumwine.
Uyu mucamanza yavuze ko ibyo uyu mukobwa yakoze ari ubwambuzi nubwo we yireguye avuga ko umuryango we ariwo wamwangiye gushaka n’uyu musore ngo kuko akuze.
Urukiko kandi rwatagetse Fortunate Kyarikunda guha indishyi z’akababaro uyu musore ngo kuko ibyo yakoze byamushenguye umutima.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!