00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugabo wahobeye Chancelier w’u Budage yaciwe miliyoni 7 Frw

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 April 2025 saa 08:29
Yasuwe :

Umugabo wo mu Budage yaciwe 5100$ (arenga miliyoni 7 Frw) azira kwinjira mu murongo w’imodoka zari zitwaye Chancelier w’iki gihugu, Olaf Scholz ndetse bikarangira amuhobeye.

Ni icyemezo cyatangajwe ku wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, gusa ibi byabaye mu 2023.

Muri Gicurasi 2023 nibwo umugabo wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Audi y’umukara, yinjiye mu modoka zari ziherekeje Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz i Frankfurt.

Ubwo izi modoka zari zigeze ku kibuga cy’indege cyo muri uyu mujyi, uyu mugabo yavuye mu modoka ye, asuhuza Scholz ndetse aranamuhobera. Gusa yahise atabwa muri yombi na Polisi.

Ubwo yagezwaga mu rukiko, uyu mugabo yavuze ko yinjiye mu murongo w’imodoka zari ziherekeje Scholz ku bw’amakosa, kuko yari amaze iminsi ibiri afata ikiyobyabwenge cya Cocaine, ndetse yirirwa mu birori bidashira.

Urukiko rwaje kumuhamya icyaha cyo gutwara imodoka yanyoye ibisindisha no guca ahatemewe, ahanishwa gutanga amande y’arenga miliyoni 7Frw, ndetse abuzwa gutwara Imodoka mu gihe cy’imyaka ibiri.

Yahanishijwe ihazabu ya miliyoni 7 Frw azira guhohera Chancelier w'u Budage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .