00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubushakashatsi bwagaragaje ingaruka zikomeye zo gusinzira amasaha menshi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 May 2025 saa 08:49
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwagaragaje ko gusinzira amasaha agera ku icyenda mu ijoro rimwe biramutse bikozwe inshuro nyinshi byatuma ubwonko bw’umuntu busaza mu gihe gito bukanatakaza ubushobozi bwo kwibuka.

Ubushakashatsi bwakozwe n’abo muri Kaminuza ya Texas mu kigo cyayo cya Siyansi n’Ubuzima bwerekanye ko abantu basinzira amasaha abarirwa mu icyenda kuzamura, byatume ubwonko bwabo busaza mbereho imyaka itandatu n’igice.

Bwakorewe ku bantu 1853 bafite imyaka iri hagati ya 27 na 85 bose bagaragaza ingaruka z’imitekerereze zatewe n’ibitotsi byinshi.

Abakoreweho ubushakashatsi bagiye basuzumwa buri myaka ine harebwa ubushobozi bwo kwibuka, imitekerereze no gufata ibyemezo mu gihe gikwiriye n’ibindi.

Banuzuzaga inyandiko zisaba amakuru ku masaha bamara bamaze basinziriye buri joro mu myaka ine, ariko abasinziriye amasaha icyenda n’arenga ku ijoro mu myaka 20 bwamaze ari bo bagaragaje imikorere mibi y’ubwonko.

Abantu kandi byagaragaye ko bafite ibyago byo kuryama amasaha menshi barimo abafite ibibazo byo mu mutwe ariko n’abatabifite bakabamo abagizweho ingaruka no gusinzira amasaha menshi.

Gusinzira amasaha menshi bituma ubwonko bw'umuntu busaza vuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .