Umugore cyangwa umukobwa urwaye iyi ndwara, aba yarayitewe n’ihohoterwa yakorewe nko gufatwa ku ngufu, cyangwa se kuba yarumvise inkuru mbi z’abagiriye ibibazo mu gutwita no kubyara, akumva yanze gutwita cyangwa kubyara.
Ufite iyi ndwara, aba anafite agahinda gakabije yatewe n’ibikomere by’iryo hohoterwa yakorewe, cyangwa no kubabazwa cyane n’ibyago byagizwe n’umuntu azi wababajwe no gutwita cyangwa kubyara.
Ubushakashatsi bwakozwe muri 2012 na Manjeet Singh Bhatia afatanyije na Anurag Jhanjee, bagaragaje ko iyi ndwara iri mu byiciro bibiri.
Icya mbere kigirwa n’abatari babyara na rimwe, bashobora kuba barakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, cyangwa bakumva inkuru mbi z’ibyabaye ku bagore batwite cyangwa bagiye kubyara, bikabatera kwanzura ko bo batazigera babyara.
Icyiciro cya kabiri cyo kirimo abagore bigeze gutwita bagahuriramo n’ibyago byabababaje cyane mu rugendo rwabo rwo gutwita, cyangwa mu gihe cyo kubyara.
Aba na bo nyuma y’ibyababayeho bakahababarira, bahita banzura ko batazongera na rimwe.
Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Hull, bugaragaza ko abagore cyangwa abakobwa 2,5 kugeza kuri 14% barwaye Tokophobia, ndetse iyi mibare ikaba ishobora kwiyongera bakagera kuri 22%.
Abagore babyaye ariko nyuma bakarwara Tokophobia, usanga badafitanye umubano mwiza n’abana babo, kuko bahita bumva badakunze abana harimo n’abo babo.
Umuntu urwaye iyi ndwara bishoboka ko atandukana nayo, aramutse aganirijwe n’abajyanama mu mitekerereze, kugeza ku rwego yiyumvamo ko noneho aramutse atwite akanabyara byaba ntacyo bimutwaye.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!