00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Butaliyani: Meya yambuye abakozi imashini z’ikawa nyuma yo gusanga zitera ubunebwe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 29 March 2025 saa 03:51
Yasuwe :

Meya w’Umujyi wa Pieve di Soligo mu Butaliyani, Stefano Soldan, yambuye abakorera mu biro byawo imashini eshatu zikora ikawa kugira ngo batange umusaruro uhagije mu kazi.

Stefano yatangarije ikinyamakuru Corriere del Veneto ko abaturage bakeneye serivisi muri ibi biro bamaraga umwanya munini bategereje abakozi, nyamara bo bari kuri izi mashini, biganirira.

Uyu muyobozi yasobanuye ko abaturage bari bamaze iminsi bamuregera aba bakozi bitewe n’umwanya munini bamaraga kuri izi mashini, batita ku kazi kabo.

Ubwa mbere, nk’uko yabisobanuye, yabanje gusaba aba bakozi 56 kugabanya ikiruhuko bafata kugira ngo bajye bita ku baturage. Abonye ko nta mpinduka zabayeho, yafashe icyemezo cyo gukuraho izi mashini.

Meya Stefano yasabye abakozi bakeneye ikawa kujya bagana amaguriro yo mu mujyi cyangwa se bakitwaza iyo batunganyiriza mu rugo kugira ngo bajye bayinywera mu biro.

Abaturage bo muri Pieve di Soligo bari bamaze iminsi batakambira Meya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .