00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bubiligi: Abakora akazi k’uburaya bahawe uburenganzira burimo ikiruhuko cyo kubyara

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 1 December 2024 saa 12:02
Yasuwe :

U Bubiligi bwashyizeho itegeko ryemerera abakora akazi k’uburaya guhabwa ibigenerwa abandi bakozi birimo ikiruhuko ku wabyaye, ubwiteganyirize bw’izabukuru, ubwishingizi bw’ubuzima ndetse n’ikiruhuko kubera uburwayi.

Mu 2022 u Bubiligi bwakuye uburaya mu byaha bihanwa n’amategeko, bituma ababukora barengerwa n’amategeko nk’abakora indi myuga yose.

Sophie ufite abana batanu yabwiye BBC ati “ni amahirwe kuri twebwe gutangira gufatwa nk’abantu.”

Perezida w’Ihuriro ry’Abakora uburaya mu Bubiligi, Victoria yavuze ko iyo umurimo ukora utemewe n’amategeko nta mategeko ashobora kukurengera aba ahari.

Uyu mugore yavuze ko mbere y’izi mpinduka yigeze gufatwa ku ngufu agiye kuregera polisi ntibyagira icyo bitanga, umupolisi amubwira ko “ukora uburaya bidashoboka ko yafatwa ku ngufu.”

Iri tegeko kandi ritegeka abakoresha gushyira ikoranabuhanga ry’impuruza aho bakorera (alarm button) no kudaha akazi abantu bahamijwe ibyaha.

Kris Reekmans ufite inyubako ikorerwamo ibikorwa bya massage yagaragaje ko itegeko ryashyizweho ari ingenzi akizera ko “abakoresha batiyubaha bakomanyirijwe.”

Abakora uburaya bo bahamya ko ubu bafite uburenganzira bwo guhakanira umukiliya cyangwa gutabaza ku bikorwa bakorewe bitabanyuze.

Abakora uburaya bahawe uburenganzira bungana n'ubw'abakora imirimo isanzwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .