Aba baturage bo mu bwoko gakondo buzwi nka Teduray, bafashwe baruka, bacibwamo ndetse banaribwa mu nda, nyuma y’uko mu cyumweru gishize bariye inyama z’akanyamasyo.
BBC yatangaje ko nubwo kurya utunyamasyo two mu Nyanja bibujijwe muri Philippines, abaturage bakunze kudusagarira bakaturya.
Byatangajwe ko ubusanzwe utwo tunyamasyo nta kibazo dutera abaturya, icyakora dushobora kwica bitewe n’ibyo twariye nk’ibitagangurirwa byo mu mazi.
Uretse abaturage, imbwa ndetse n’injangwe zagaburiwe inyama z’ako kanyamasyo nazo zarapfuye.
Ubuyobozi bwatangiye iperereza ngo hamenyekane icyaba cyarahitanye abo bantu.
Mu 2013 abantu 68 bo muri Philippines bararwaye, bane barapfa nabwo bazira kurya inyama z’akanyamasyo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!