Iki giterane cyitabiriwe n’umugore we, Angeline Ndayubaha, n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu, abadipolomate ndetse n’abanyamadini n’abanyamatorero, bashimira Imana yabarinze mu 2024.
Perezida Ndayishimiye yashimiye abifatanyije n’umuryango we muri iki giterane, ashimira Imana ko yiyerekanye mu rugori rukikije Izuba, hejuru y’aho bari bateraniye.
Yagize ati “Mu izina ry’umuryango wanjye, ngira ngo nongere gushimira abafatanyije natwe mu giterane cyo gushimira Imana twaraye dusoje. Nishimiye ko n’Imana yiyerekanye mu rugori rukikije Izuba hejuru y’ahabereye igiterane, ku munsi wo gusoza. Imana ihe umugisha u Burundi n’Abarundi.”
Uyu Mukuru w’Igihugu yashyize ku mbuga nkoranyambaga ifoto yafashwe ubwo bari mu giterane, igaragaza izuba rizengurutswe n’uruziga, iruhande hari igicu kiremereye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!