Mu mushinga wa NASA wiswe Artemis, biteganyijwe ko mu 2024 iki kigo kizaba gifite abakozi bakorera ku kwezi, aho hazoherezwayo n’ umugore bwa mbere.
Iki kigo cyihaye intego ko mu myaka icumi iri imbere kizaba cyagejeje abantu ku kwezi bakahatura burundu, ibizaba bibayeho bwa mbere mu mateka kubona ikiremwamuntu gituye ahandi hantu hatari ku Isi.
Ibikoresho nkenerwa bizahagezwa bite?
CNN yavuze ko nubwo bihenze ndetse byatwara igihe kinini kugeza ibikoresho by’ubwubatsi ku Kwezi, hari kwigwa uburyo ibikoresho nkenerwa mu bwubatsi bw’ibikorwa bya muntu ku Kwezi byazakorwa hifashishijwe itaka ryo ku Kwezi.
Ni inyigo iri gukorwa na NASA ifatanyije n’ikigo ICON cyiyemeje kuzakora ibikoresho byakwifashishwa mu bwubatsi gikoresheje itaka ryo ku kwezi.
Abashakashatsi bahageze bemeza ko hari ubutaka bwiza kandi buhagije, ku buryo uyu mushinga ICON iwukoze ugakunda haboneka ibikoresho ku buryo buhagije.
Ku rundi ruhande, hari impungenge ko inyubako izaba yubatswe n’ibikoresho bivuye mu butaka bwo ku Kwezi ishobora kuzaba idatekanye bihagije ku buryo yaturwamo

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!